Byibuze abasirikare 20 ba Nigeria biciwe mu mirwano na Boko Haram
Yanditswe: Sunday 26, Jan 2025
Kuri iki Cyumweru, abashinzwe umutekano n’abaturage baravuga ko abakekwaho kuba abarwanyi ba kisilamu bishe byibuze abasirikare 20 ba Nigeria, barimo n’umuyobozi mukuru, nyuma yo gutera ikigo cy’ingabo mu mujyi witaruye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Borno.
Abarwanyi ba Boko Haram na Leta ya Kisilamu Intara ya Afurika y’Iburengerazuba (ISWAP) bakoreye cyane muri Borno, bibasira abashinzwe umutekano ndetse n’abasivili, muri ibyo bikorwa bakica ndetse bagakura mu byabo ibihumbi.
Igitero giheruka kuba ku wa Gatanu, ubwo abanyamuryango ba ISWAP bahageze mu gikamyo cy’imbunda bagaba igitero kuri Batayo ya 149 y’ingabo mu Mujyi wa Malam-Fatori, irembo ry’umupaka na Niger, nk’uko abasirikare babiri n’abaturage babitangaje.
Umwe mu basirikare barokotse icyo gitero yatangarije Reuters kuri telefoni ko ingabo zatunguwe kuko abo barwanyi “barasiye amasasu mu mpande zose”.
Umusirikare utemerewe kuvugana n’itangazamakuru yagize ati: “Twagerageje cyane gusubiza inyuma ibyo bitero ubundi nyuma y’amasaha arenga atatu yo kurasana, baturusha imbaraga, bica umusirikare mukuru, liyetona koloneli”

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *