Byinshi kuri drones z’ubwiyahuzi Iran iri kwifashisha cyane mu ntambara
Yanditswe: Friday 06, Mar 2026
Drones z’ubwiyahuzi ni zimwe mu ntwaro z’ingenzi Iran iri kwifashisha mu ntambara ihanganyemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026.
Mu minsi itandatu iyi ntambara imaze, Iran imaze kohereza drones zirenga 2000 mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati. Yohereza nyinshi kugira ngo ziganze intwaro z’ubwirinzi zirimo Patriot na THAAD.
Izi drones zo mu bwoko bwa ’Shahed 136’ ziri mu zihendutse cyane, zikaba zitwara ibiturika bishobora kwangiza byinshi. Igitero gikomeye cyazo ni icyagabwe ku birindiro bya Amerika muri Koweit, kikica abasirikare batandatu bayo.
Hari amashusho aherutse gushyirwa hanze agaragaza drone ya Shahed imanuka ku muvuduko mwinshi cyane kandi isakuza, ikubita ikimeze nka ‘radar’ ku cyicaro gikuru cy’ubwato bw’intambara bwa Amerika kiri mu mujyi wa Manama muri Bahrain, hazamuka umwotsi mwinshi.
Andi mashusho yafashwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) agaragaza drone yikubita kuri hoteli ya Palm Jumeirah mu mujyi wa Dubai, humvikana urusaku rwinshi rwakurikiwe n’umuriro mwinshi cyane.
Ibitero bya drones za Iran ku nganda zitunganya ingufu mu Burasirazuba bwo Hagati byateje igihombo gikomeye. Uruganda runini rutunganya peteroli rwa Ras Tanura muri Arabie Saoudite rwahagaritse ibikorwa nyuma yo kuraswaho nubwo byavutswe ko habayeho inkongi yoroheje.
Izi drones ziri kwangiza byinshi mu karere bitewe n’ubwinshi bwazo kandi ziri gufasha Iran cyane kuko ntizihenze kandi zifite ibilo bike. Shahed ikora urugendo rw’ibilometero 2500 kandi bivugwa ko agaciro kayo kari hagati y’Amadolari 20.000 na 50.000.
Nubwo Shahed idafite umuvuduko mwinshi ugereranyije na misile zisandara ku buso bunini, ubuto bwayo n’ubushobozi ifite bwo kugendera hasi cyane ibtuma radar n’irindi koranabuhanga ritanga umuburo ku bitero bya misile bigorwa no kuyitahura.
Shahed yakoreshejwe cyane n’u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine mu bitero bwagabye ku mijyi n’inganda zitunganya amashanyarazi. Iran yohereje izi drones mu bihugu by’inshuti mu myaka ya vuba, kandi ubu u Burusiya buri gukora izimeze nka zo, buzita Geran-2.
Mick Mulroy wahoze mu ngabo za Amerika zirwanira mu mazi, akaba umukozi w’urwego rw’ubutasi rw’iki gihugu (CIA) n’umuyobozi muri Minisiteri y’Intambara ushinzwe Uburasirazuba bwo Hagati, yatangarije BBC ko mu bihe bya vuba izi drones zagaragaje ubushobozi buhambaye, Amerika itangira gukora izimeze nka zo.
Drone ya Amerika yitwa ‘Lucas’ yakoreshejwe bwa mbere mu ntambara yo muri Iran ni yo imeze nka Shahed. Admiral Brad Cooper uyobora ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati yasobanuye ko bafashe imiterere ya drone ya Iran, barayivugurura kugira ngo igire ubushobozi bwisumbuyeho.
Drones za Shahed zishobora guhanurwa mu buryo butandukanye burimo kwifashisha ikoranabuhanga riyobya, intwaro zifashisha urumuri rwinshi, ariko inyinshi zihanurwa na misile ziraswa n’indege.
Ubwo Iran yagabaga igitero kuri Isirayeli ikoresheje drones amagana mu 2024, byavuzwe ko u Bwongereza bwakoresheje indege z’intambara za RAF mu guhanura zimwe muri zo, bukoresheje misile zibarirwa agaciro k’Amapawundi 200.000.
Nicholas Carl, impuguke ikorera mu kigo ‘American Enterprise Institute’, avuga ko Iran iri gushyira kuri Amerika n’inshuti zayo igitutu kugira ngo bikoreshe misile zabyo zihenze zihanura Shahed zo zishorwamo amafaranga make.
Bivugwa ko mbere iyi ntambara itangira tariki ya 28 Gashyantare, Iran yari ifite ibihumbi byinshi bya drones za Shahed ariko umubare usigaye ubu ntuzwi.
Amashusho yatangajwe n’ikinyamakuru gishamikiye ku mutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, IRGC, agaragaza umurongo muremure wa drones za Shahed ari mu birindiro byo munsi y’ubutaka ariko igihe yafatiwe ntikizwi.
Ku wa 5 Werurwe, Admiral Cooper yabwiye itangazamakuru ko umubare wa drones zoherezwa na Iran wagabanutseho 83% kuva ku munsi wa mbere w’intambara, mu gihe ibitero bya misile byagabanutseho 90%.
Shahed 136 ni drone ihendutse kandi bigoye gutahura


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *