skol

Canada: Abantu 10 barasiwe ku ishuri, abandi 25 barakomereka

Yanditswe: Wednesday 11, Feb 2026

featured-image

Polisi yo muri Canada yatangaje ko abantu 10 barimo n’umwicanyi barasiwe ku kigo cy’ishuri mu Burengerazuba bw’igihugu abandi 25 barakomereka bikomeye.

Abantu batandatu basanzwe mu kigo cy’ishuri cyo mu mujyi wa Tumbler Ridge muri British Columbia, babiri basangwa bapfiriye mu ngo zabo ariko bikekwa ko ubu bwicanyi bufitanye isano, mu gihe undi yapfiriye mu nzira ajyanywe kwa muganga.

Reuters yanditse ko abandi babiri bajyanywe mu bitaro bakomeretse bikomeye naho 25 bakivurwa ibikomere byoroheje.

Polisi yatangaje ko umwicanyi na we yasanzwe yapfuye bigaragara ko yiyishe ndetse bakeka ko nta wundi ubyihishe inyuma cyangwa ngo yongere guteza umutekano muke mu baturage.

Uyu mwicanyi Polisi yavuze ko ari umugore. Muri Amerika, igihugu gituranye na Canada, usanga umubare munini w’abica abantu muri ubu buryo ari abagabo.

Tumbler Ridge ni umujyi witaruye, uri mu misozi yo mu majyaruguru ya British Columbia, ukaba nko muri kilometero 1115 uvuye mu majyaruguru y’i Burasirazubwa bwa Vancouver. Utuwe n’abantu 2400.

Minisitiri w’Intebe wa Canada Mark Carney abinyujije kuri X yavuze ko ababajwe “bikomeye n’ubwicanyi bw’ubugome bwabaye muri Tumbler Ridge”, ndetse yihanganisha imiryango yabuze ababo.

Carne yahise asubika urugendo yagombaga kugirira mu Budage aho yateganyaga kwitabira Munich Security Conference izahuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma 60.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa