Ikigo cy’Ubutasi cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA) gishobora gushinga ibirindiro muri Venezuela mu rwego rwo kubaka ahazaza h’iki gihugu nyuma y’uko uwahoze ari Perezida wacyo akuweho.
Aya makuru y’uko CIA ishobora gushinga ibirindiro muri Venezuela yashyizwe hanze n’Ikinyamakuru cyo muri Amerika, CNN, ku wa 27 Mutarama 2026. Cyatangaje ko iki kigo gifite umugambi wo gushinga ibirindiro muri Venezuela nk’uko cyabikoze muri Ukraine nyuma yo mu 2014.
Ibi bije nyuma y’aho Guverinoma ya muri Amerika itangaje ko ifite gahunda yo gushyira Ambasade yayo muri Venezuela.
Gusa mbere y’uko Amerika ishyiraho Ambasade muri Venezuela yahisemo kubanza gushyirayo ibiro bya CIA bito, kugira ngo bikomeze gukurikirana ibibazo bigendanye n’umutekano bishobora kwibasira Amerika.
CIA ntacyo yigeze ivuga kuri ibi byayivuzweho, gusa kuba iri muri Venezuela ntabwo ari ibanga kuko mu Ukwakira 2025 nibwo Perezida Donald Trump yahaye iki kigo uburenganzira bwo gukorera muri Venezuela.
Hashize amezi atatu gusa CIA iri muri Venezuela, uwahoze ari Perezida wayo, Nicolas Maduro, yahise atabwa muri yombi n’ingabo zidasanzwe za Amerika.
Nyuma yo gutabwa muri yombi kwa Perezida Maduro, John Ractliffe uyobora CIA niwe muyobozi wa mbere mukuru wo muri Amerika wasuye Venezuela aho yasuye Perezida w’inzibacyuho w’iki gihugu, Delcy Rodríguez ndetse n’abayobozi b’ingabo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *