skol

Cuba yahawe imirambo 32 y’abasirikare bayo baguye mu gitero Amerika yafatiyemo Maduro

Yanditswe: Friday 16, Jan 2026

featured-image

Ku wa 15 Mutarama 2025, Cuba yahawe imirambo 32 y’abasirikare bayo baguye mu gitero ingabo za Amerika zagabye muri Venezuela zigata muri yombi Perezida wayo, Nicolas Maduro n’umugore we.

Mu gitondo cyo ku wa Kane nibwo iyi mirambo y’abasirikare n’abakora mu nzego z’ubutasi za Cuba yagejejwe ku Kibuga cy’Indege cy’i Havana mu murwa mukuru, yakirwa mu cyubahiro. Ni umuhango wakurikiwe na Perezida wa Cuba, Miguel Diaz-Canel na Raoul Castro wayoboye iki gihugu.

Minisitiri w’Umutekano muri Cuba, Gen. Lazaro Alberto Alvarez, yavuze ko aba basirikare ari intwari kandi ko ibikorwa byabo bizahora byibukwa.

Ati “Niba hari ikintu aya mateka ababaje yerekanye, ni uko nubwo ba gashakabuhake bagira intwaro ziremereye, ubutunzi buhambaye ariko hari ikintu kimwe badashobora kugura: Agaciro k’abaturage ba Cuba.”

Kuva Maduro yajya ku butegetsi, Cuba yamuhaye abasirikare bo kumurinda ndetse n’abakora mu butasi. Amakuru dukesha Reuters avuga ko aba 32 bapfuye bari muri ako kazi.

Izi serivisi Maduro yazishyuraga binyuze mu koherereza Cuba ibikomoka kuri peteroli.

Nyuma yo gufata Maduro no kumufungira i New York, Perezida Donald Trump yaburiye Cuba, ayibwira ko itazongera kubona peteroli ya Venezuela.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa