Capt. Buba Ambwa Jean Denis, umusirikare mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yakatiwe igifungo cy’imyaka 20 muri gereza azira kwifata amashusho ari kumwe n’abagenzi be ubwo bari ku rugamba.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bumushinja gukora ibikorwa bihabanye n’amahame ngengamyitarire y’umwuga.
Bumusinja kuba tariki ya 8 Ukwakira 2025, Ituri muri Kivu y’Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Congo, Capt. Buba Ambwa Jean Denis wari kumwe n’abagenzi be barwanira mu mazi ubwo bari bahanganye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa CRP, yifashe amashusho akoresheje telefone nyuma akayashyira ku mbuga nkoranyambaga.
Urukiko rwanzuye ko uwo musirikare afungwa imyaka 20 muri gereza, akamburwa impeta zose za gisirikare ndetse akanirukanwa mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu guha isomo abandi bakeretsa amahame y’umwuga ku bushake.
Urubuga 7sur7.cd rugaragaza ko ibyo Capt. Buba aregwa bibuzwa m mabwiriza agenga ingabo yashyizweho na Minisitiri wazo i Kinshasa, aho abuza umusirikare uri ku rugamba gufata amashusho mu rwego rwo kwirinda ibyago byabivamo cyangwa kuba byatuma umwanzi amenya amakuru.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *