skol

Espagne: Uwayoboraga Valencia yeguye nyuma yo kunanirwa guhangana n’umwuzure wahitanye abarenga 200

Yanditswe: Monday 03, Nov 2025

featured-image

Umuyobozi w’Intara ya Valencia muri Espagne, Carlos Mazón, yeguye nyuma y’igitutu cyinshi cy’abamunenga ku buryo yitwaye mu kibazo cy’imuzure yateye iki gice umwaka ushize igahitana abarenga 200.

Iyi myuzure yatewe n’imvura y’amahindu yibasiye imijyi ya Valencia yabaye ku wa 29 Ukwakira 2024 ihitana 229 bo muri iyi ntara.

Iki kiza cyari kibaye icya mbere gikomeye mu mateka ya Espagne cyanatwaye ubuzima bw’abandi umunani bo mu yindi mijyi.

Carlos Mazón yanenzwe ku buryo yitaye kuri iki kibazo uwo munsi bakanavuga ko ari byo byatumye abitabye Imana biyongera.

Byavuzwe ko ubwo imyuzure yangizaga ibintu Mazón yari amaze amasaha agera kuri ane ari kumwe n’umunyamakuru muri restaurent bigafatwa nko kutita ku baturage kuko hari n’inama zo kwita kuri iki kibazo atitabiriye.

Mazón kandi azizwa ko ubuyobozi bwe bwateshutse ku gutanga impuruza ku baturage baburirwa iby’iyi myuzure.

Nyuma yo gusezera Mazón yagize ati: “Ntabwo nshoboye gukomeza. Nzi ko nakoze amakosa, ndabizi kandi nzabana na byo mu buzima bwanjye bwose. Nasabye imbabazi nongeye no kuzisaba. Nta kosa na rimwe nakoze mbigambiriye.”

Inshuro nyinshi abaturage biraye mu mihanda bigaragambya basaba ko Mazón yakwegura. Iheruka ni iyabaye ku wa 25 Ukwakira 2025 yarimo abarenga 5000.

Umunyamakuru Maribel Vilaplana wari uri gusangira na Mazón yatangaje ko habayeho uburangare, abwira abagenzacyaha ko kuri uwo munsi uyu muyobozi yamuhamagaraga ubutitsa anamwandikira amusaba ko bahura.

Nubwo Mazón yeguye, azakomeza kuba umwe mu bagize inteko ishinga amategeko uhararariye People’s Party muri iyi ntara. Bivuze ko azakomeza kugira ubudahangarwa butuma adakurikiranwa.

Carlos Mazón wayoboraga Valencia yeguye nyuma yo kunanirwa guhangana n’umwuzure wahitanye abarenga 200

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa