Ethiopia yahagaritse abanyamakuru batatu bayishinje gufasha inyeshyamba zo muri Sudani
Yanditswe: Saturday 14, Feb 2026
Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu nyuma y’aho bakoze inkuru ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani.
Aba banyamakuru bari baranahawe uruhushya rwo gukurikirana Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iteganyijwe i Addis Abeba kuri uyu wa 14 n’uwa 15 Gashyantare, ariko Leta ya Ethiopia yarubambuye.
Umuvugizi wa Reuters yatangaje ko ibi biro ntaramakuru biri gukurikirana iki kibazo, kandi ko bizakomeza gutara inkuru zo muri Ethiopia mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe hashingiwe ku mahame bigenderaho.
Ku wa 10 Gashyantare, Reuters yasohoye inkuru icukumbuye y’amashusho n’amafoto, igaragaza ikigo cya gisirikare kiri mu Ntara ya Benishangul-Gumuz muri Ethiopia, bivugwa ko cyubakiwe abarwanyi ba RSF iyoborwa na Gen Hamdan Dagalo, kugira ngo bajye bacyitorezamo.
Ibi biro ntaramakuru byatangaje ko amasoko atandukanye arimo Umuyobozi Mukuru muri Ethiopia, yemeza ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatanze amafaranga yo kubaka iki kigo ndetse n’inkunga y’ibikoresho, ariko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu yarabihakanye.
Amakuru y’iki kigo cy’imyitozo yatangiye guhwihwiswa mu mpera z’umwaka ushize, gusa Guverinoma ya Ethiopia yarayamaganye, igaragaza ko agamije kwenyegeza umwuka mibi uri hagati yayo na Sudani.
Leta ya Ethiopia yambuwe abanyamakuru ba Reuters uruhushya, nyuma yo kuyishinja gufasha RSF

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *