skol

Ethiopian Airlines iri guhomba Miliyoni 135 z’amadolari nyuma y’isubikwa ry’ingendo z’indege mu burasirazuba bwo hagati.

Yanditswe: Thursday 05, Mar 2026

featured-image

Kompanyi ikora ubwikorezi bwo mu kirere ya Ethiopia yatangaje ko iri guhomba nibura miliyoni 135 z’amadolari buri cyumweru nyuma yisubikwa ku ngendo zo mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, bitewe n’intambara ikomeje hagati ya Amerika na Isiraheli ku ruhande rumwe na Irani ku rundi.

Umuyobozi wungirije mukuru Yaddecha yabwiye BBC ko mbere y’iyi ntambara sosiyete yakoraga ingendo 15 ku munsi ndetse zirenga 100 mu cyumweru zijya muri ako karere, itwaye abagenzi bari hagati ya 40,000 na 45,000. Yagize ati: “Mu by’imari, biratugiraho ingaruka zikomeye cyane. Ku mpuzandengo, duhomba nibura miliyoni 135 z’amadolari buri cyumweru.”

Nyuma y’itangira ry’intambara, Ethiopian Airlines yahagaritse ingendo zijya i Amman, Beirut, Bahrain, Tel Aviv, Doha, Kuwait, Dubai, Sharjah, Abu Dhabi na Dammam kugeza igihe kitazwi. Sosiyete yatangaje ko abagenzi bashobora guhindura itike zabo, kunyuzwa mu yindi mijyi iri hafi, cyangwa gusaba gusubizwa amafaranga y’amatike batakoresheje.

Yaddecha yavuze ko nubwo ingendo nyinshi zo mu Burasirazuba bwo Hagati zahagaritswe, izijya muri Saudi Arabia no i Muscat muri Oman zigikomeje.

Yasobanuye ati: “Twahagaritse gukorera ahantu ikibazo gikomeye cyane. Urugero, twajyaga i Tel Aviv inshuro eshatu ku munsi, ariko twarabihagaritse. Twanahagaritse ingendo zijya i Kuwait, Bahrain, Qatar na UAE.”

Nubwo habayeho izo mbogamizi, Ethiopian Airlines iri kugerageza kugabanya igihombo cyayo yohereza indege mu tundi turere. Yaddecha yavuze ko: “Ibikoresho n’indege twakoreshaga mu Burasirazuba bwo Hagati twabijyanye muri Aziya, Afurika no mu Burayi. Indeje zose zirimo gukora.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa