skol

FARDC yashinje abo hafi ya Tshisekedi kuyobora umutwe wa Mobondo wayiciye abasirikare batanu

Yanditswe: Monday 29, Dec 2025

featured-image

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyashinje bamwe mu bantu ba hafi ya Perezida Félix Tshisekedi kuyobora umutwe witwaje intwaro wa Mobondo umaze imyaka itatu uhungabanya umutekano wo mu burengerazuba bw’iki gihugu.

Aya makuru yatangajwe n’Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare mu ntara zirimo Kwilu, Capt Anthony Mwalushay, ku wa 28 Ukuboza 2025 ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku mirwano yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yapfiriyemo abasirikare batanu ba Leta.

Capt Mwalushay yasobanuye kandi ko uretse no kuyobora umutwe wa Mobondo, bamwe mu bantu bagaragaza ko bashyigikiye Tshisekedi bakorana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’igihugu.

Yagize ati “Dufite amakuru ya bamwe bakorana n’imitwe yo mu burasirazuba bw’igihugu. Kuri Mobondo, ikibazo gihari ni uko abantu benshi bashyigikiye Mobondo akenshi baba bari inyuma ya Perezida wa Repubulika. Ku manywa baba ari nk’intama, nijoro bakayobora Mobondo.”

Uyu musirikare yatangaje ko mu mirwano yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, abarwanyi 15 ba Mobondo bishwe kandi ko mu bafashwe, harimo abavuze amazina abayobozi bo muri RDC bakorana na bo.

Ati “Inzego zacu ziri gukora iperereza mbere yo gushyira amakuru ahabona. Kinshasa nishyigikira aba bantu b’akarimi keza bari inyuma y’umutwe wa Mobondo kubera inyungu za politiki, twebwe abasirikare tuzakora akazi kacu dukoresheje intwaro.”

Mobondo ni umutwe ugizwe n’abo mu bwoko bwa Yaka biganje mu majyepfo y’uburengerazuba bwa RDC. Batangiye kugaba ibitero ku ngabo za RDC n’abo mu bwoko bwa Teke muri Kamena 2022, biturutse ahanini ku makirambirane ashingiye ku butaka.

Ibitero bya Mobondo byahungabanyije umutekano w’ibice by’icyaro bya Kinshasa no mu zindi ntara bihana imbibi, zirimo Mai-Ndombe, Kwilu, Kongo Central na Kwango, hapfa abaturage babarirwa mu bihumbi, abandi barahunga.

Abarwanyi ba Mobondo batangiye no kugaba ibitero mu bice by’i Kinshasa birimo Maluku na Kingakati, gusa Leta yafashe ingamba zikomeye zo kubakumira kugira umutekano w’uyu murwa mukuru w’igihugu utazamba nko mu zindi ntara.

Capt Anthony Mwalushay yabwiye abanyamakuru ko abavuga ko abari inyuma ya Tshisekedi ari bo bayobora Mobondo

Abarwanyi ba Mobondo bamaze imyaka itatu bica abaturage bo mu burengerazuba bwa RDC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa