skol

Felix Tshisekedi yarahiye mu birori byitabiriwe na perezida w’Afurika umwe

Yanditswe: Thursday 24, Jan 2019

Felix Tshisekedi uherutse gutorerwa kuyobora Kongo yamaze kurahirira kuyobora iki gihugu kiri mu binini cyane muri Afurika,mu muhango witwabiriwe na Perezida Uhuru Kenyatta kandi iki gihugu cyari cyaratumiye abakuru b’ibihugu 17.

Tshisekedi uherutse gutsinda amatora ku kigero cy’amajwi angana na 38,57 %,yarahiye kuri uyu wa Kane Taliki ya 24 Mutarama 2019 asimbura Joseph Kabila wari umaze imyaka 18 ategeka iki gihugu.

Felix Tshisekedi w’imyaka 55 yarahiriye ku nyubako ya Palais de la Nation iherereye mu mujyi wa Kinshasa imbere ya Perezida Uhuru Kenyatta n’abandi bayobozi bari batumwe guhagararira abakuru b’ibihugu batabonetse ndetse n’abakongomani bitabiriye uyu muhango ku bwinshi.

Ibi birori byatangijwe n’isengesho rya révérend Bokundoa ukuriye itorero rya l’Eglise du christ washimiye Joseph Kabila uko yayoboye RDC ndetse yasabiye umugisha Felix Tshisekedi kugira ishya n’ihirwe ku butegetsi bwe.

Kabila yahaye ibendera ry’igihugu Felix Tshisekedi wabaye perezida wa 05 wa RDC nyuma y’uko ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1960 ndetse abaye perezida wa mbere uyoboye Kongo ahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye.

Mu minsi ishize nibwo ibihugu bitandukanye byamaganye intsinzi ya Tshisekedi bivuga ko komisiyo y’amatora yabaruye nabi ibyavuye mu matora ko uwayatsinze ari Martin Fayulu, gusa byarangiye urukiko rushinzwe kurengera itegekonshinga rwemeje ko uyu mugabo uyobora ishyaka UDPS ariwe watsinze amatora bidasubirwaho

Felix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC yarahiye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa