Gen Bolingo Matani yiyongereye ku basirikare bakuru Tshisekedi afunze
Yanditswe: Sunday 18, Jan 2026
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, inzego z’umutekano zataye muri yombi umusirikare mukuru wa FARDC, General Bolingo Matani, wari wungirije General Tshibangu, uyobora Akarere ka 21 ka Gisirikare gafite icyicaro muri Kasai-Oriental.
Amakuru avuga ko uyu musirikare ufite ipeti rya Brigadier General yafatiwe i Mbuji-mayi nyuma yoherezwa i Kinshasa.
Akekwaho ubufatanyacyaha n’ubugambanyi mu kuvugana n’umwanzi, no kuba “ubwenegihugu bwe bivugwa ko bushidikanywaho.”
Urubuga mediacongo.net, rwavuze ku ifatwa rya Gen. Bolingo Matani, ko rije mu rwego rw’iperereza rigikomeje rigamije gusukura igisirikare cya Congo, FARDC no kumenya abasirikare bashobora kuba baracengeye mu nzego z’umutekano mu nyungu zitari iz’igihugu.
Abayobozi bo mu nzego z’umutekano bakeka ko uyu musirikare yaba yaragize imibanire n’imikoranire idahuje n’inshingano n’umwanya afite, bikaba byashoboraga guhungabanya umutekano w’igihugu.
Nyuma yo gutabwa muri yombi, Gen. Bolingo Matani yahise afungirwa muri CNC (Conseil National de la Cyberdéfense), ikigo cyihariye gikora ku madosiye akomeye ajyanye n’umutekano w’igihugu, ubutasi n’ibyaha bikomeye byibasira inzego za Leta.
Amakuru akomeza avuga ko ategerejwe kwimurirwa muri Gereza ya Gisirikare ya Ndolo, aho azafungirwa mu gihe ategereje kuburanishwa.
Uyu musirikare yiyongereye ku bandi basirikare bakuru ba FARDC bafunzwe mu bihe bishize, bashinjwa gukorana n’ihuriro AFC/M23 no kugambanira igihugu, abandi bashinjwa gushaka kwica Perezida Felix-Antoine Tshisekedi.
Gen Bolingo Matani yiyongereye ku basirikare bakuru Tshisekedi afunze
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *