skol

Gen Mamadi Doumbouya agiye kwiyamamariza kuyobora Guinée-Conackry

Yanditswe: Tuesday 04, Nov 2025

featured-image

Brigadier Général Mamadi Doumbouya uyobora Guinée-Conakry ari mu bakandida baziyamamariza kuyobora iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika mu matora ateganyijwe tariki ya 28 Ukuboza 2025.

Gen Doumbouya ku wa 3 Ugushyingo 2025 ni bwo yatanze inyandiko ze zikubiyemo kandidatire ku Rukiko rw’Ikirenga kugira ngo zisuzumwe, azabashe kwiyamamariza kuyobora iki gihugu.

Gen Doumbouya yatangiye kuyobora Guinée ku itariki ya 5 Nzeri 2021 nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Alpha Condé. Yarahiriye kuyobora igihugu by’inzibacyuho ku wa 1 Ukwakira 2021.

Imyaka ine irashize abasirikare bafashe ubutegetsi nyuma yo gukuraho Alpha Condé, Abanya-Guinée bitegura gutora Perezida mushya ku 28 Ukuboza. Aya matora yari yaritezwe cyane n’abaturage ndetse n’umuryango mpuzamahanga.

Ubutegetsi bwa Gisirikare bwari bwarasezeranye ko buzasubiza ubutegetsi abasivili mbere y’uko umwaka wa 2024 urangira, ariko buza kwisubiraho.

Ku mpera za Nzeri 2025, Abanya-Guinée bemeye Itegeko Nshinga rishya binyuze muri referandumu yari ifite intego yo kurangiza inzibacyuho y’ubutegetsi bwa gisirikare.

Mu bandi bakandida bazahatanira umwanya harimo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Dr. Faya Millimono na Makalé Camara wakoze imirimo itandukanye muri iki gihugu harimo no kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu 2016-2017 kuri ubu akaba ari Perezida w’Ishyaka rya Front pour l’Alliance Nationale (FAN).

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa