Gen Muhoozi yarakajwe n’ubwicanyi bwakorewe abirabura muri Sudani, avuma inyeshyamba za RSF
Yanditswe: Thursday 19, Feb 2026
Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yarakajwe n’ubwicanyi umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani wakoreye mu mujyi wa el-Fasher mu ntara ya Darfur, agaragaza ko abarwanyi bawo bakwiye gupfa.
Raporo yakozwe n’itsinda ry’impuguke ryashyizweho n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano igaragaza ubwo abarwanyi ba RSF iyobowe na Gen Mohamed Hamdan Dagalo bafataga el-Fasher mu Ukwakira 2025, bahiciye abantu 4400, bica abandi 1600 bahungaga mu minsi itatu gusa.
Mona Rishmawi uri muri izi mpuguke, yasobanuye ko ibimenyetso byakusanyijwe muri uyu mujyi mu gihe abarwanyi ba RSF bari bawugezemo, n’ibyo mu mezi 18 bamaze bafunze inzira ziwuhuza n’ibindi bice, byagaragaje ko uretse kwica abantu benshi, banabakoreye iyicarubozo, barabandagaza, abandi barabazimiza.
Yagize ati "RSF yabikoze igamije kurimbura muri rusange cyangwa mu gice kimwe, ubwoko bwa Zaghawa na Fur muri el-Fasher. Ibi ni ibimenyetso bigaragaza jenoside.”
Ubwoko bwa Zaghawa na Fur bugizwe n’abirabura b’Abanya-Sudani. Bikekwa ko abarwanyi ba RSF babishe kubera ko atari abarabu, ikaba ari yo mpamvu impuguke za Loni zivuga ko bakorewe jenoside.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, Yvette Cooper, yatangaje ko kuri uyu wa 19 Gashyantare 2026 ageza iyi raporo ku kanama ka Loni gashinzwe umutekano, asabe ko hakorwa iperereza mpuzamahanga rigamije kugeza mu butabera abakoreye muri el-Fasher.
Gen Muhoozi yatangaje ko ubwo abarwanyi ba RSF bafataga el-Fasher, “bishe abavandimwe na bashiki bacu b’abirabura mu buryo bubi kurusha uko wakwica imbwa. Bazabiryozwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi!”
Uyu musirikare yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko ingabo za Uganda zizajya kwifatanya n’iza Sudani guhangana na RSF, asaba ibihugu bya Afurika gutanga umusanzu uzifashishwa mu gushyigikira ubu butumwa.
Ati "Ikintu kimwe kimbabaza muri ubu butumwa bwo kurwanya RSF ni uko tuzica Abahima benshi. Ariko ni Abahima b’ibicucu, bakwiye gupfa."
Intambara yo muri Sudani yatangiye muri Mata 2023 biturutse ku gushwana kwa Gen Dagalo na Gen Abdel Fattah Al-Burhan uyobora iki gihugu, bombi bahoze mu butegetsi. Igihangayikishije cyane ni uko ubuzima bw’abasivili ari bwo bukomeje kuhatikirira.
Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko abarwanyi ba RSF bakwiye kuryozwa impfu z’abirabura bo muri el-Fasher

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *