Guinée-Bissau: Ntihagitangajwe amajwi y’ibyavuye mu matora
Yanditswe: Tuesday 02, Dec 2025
Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Guinée-Bissau yatangaje ko idashobora gutangaza ibyavuye mu matora yabaye ku wa 23 Ugushyingo 2025, kubera udusanduku tw’itorana na lisiti z’itora byasahuwe mu biro n’abasirikara bafashe ubutegetsi.
Abasirikare muri Guinée-Bissau bafashe ubutegetsi ku wa 26 Ugushyingo 2025, mbere y’umunsi ngo komisiyo y’amatora itangaze amajwi y’ibyavuye mu itora.
Itangazo ryasohowe na Idrissa Djalo uri mu bayobozi bakuru ba Komisiyo y’Amatora yavuze ko nta bikoresho n’uburyo buhari bwo gukomeza imirimo ijyanye n’amatora.
Nyuma y’amatora, Umaro Sissoco Embaló wari ku butegetsi yavuze ko yayatsinze n’amajwi 65% ariko n’uwo bari bahanganye utavuga rumwe n’ubutegetsi witwa Fernando Dias avuga ko yayatsinze ku majwi 52%.
Byose byarangiye ubutegetsi buri mu maboko y’abasirikare, Umaro Sissoco Embaló ahungira muri Congo-Brazaville na ho Dias ahungira muri Nigeria.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *