skol

Hamenyekanye itariki y’amatora ya Perezida muri Uganda

Yanditswe: Wednesday 22, Oct 2025

featured-image

Komisiyo y’amatora muri Uganda yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko, azaba ku wa 15 Mutarama 2026.

Ni icyemezo cyatangajwe ku wa 21 Ukwakira 2025, nyuma y’aho byari bisanzwe bizwi ko aya matora azaba muri Mutarama 2026, ariko hataratangazwa itariki.

Kugeza ubu Perezida Yoweri Kaguta Museveni yongeye kugirirwa icyizere n’ishyaka rya National Resistance Movement rimutangaho umukandida, ndetse yatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza.

Nk’uko byagenze mu matora yo mu 2021, byitezwe ko Robert Kyagulanyi ari we uzongera guhatana na Perezida Museveni.

Usibye abo bombi, abandi bakandida batandatu bahagarariye amashyaka mato nabo bazahatana muri ayo matora y’Umukuru w’Igihugu.

Abaturage kandi bazanatora n’abadepite bashya bagize Inteko Ishinga Amategeko.

Hamenyekanye itariki y’amatora ya Perezida muri Uganda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa