Harris Kamala ugishaka kuba Perezida wa Amerika ashobora kwiyamamaza muri 2028
Yanditswe: Friday 10, Apr 2026
Kamala Harris wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva muri Mutarama 2021 kugeza muri Mutarama 2025, ku ngoma ya Joe Biden, yatangaje ko ashobora kuzongera guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2028.
Uyu mugore wo mu Ishyaka ry’Aba-DémocratesYabitangaje kuri uyu wa 10 Mata 2026, ubwo yari yitabiriye igikorwa kizwi nka ‘National Action Network Convention’ kigamije guharanira uburengazira bwa muntu cy’umuryango National Action Network watangijwe na Rev Al Sharpton.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’abantu benshi bo mu Mujyi wa Manhattan wo muri Leta ya New York yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Harris atangaza ko agifite akayihayiho ko kuyobora Amerika.
Ati “Birashoboka ko nshobora kubikora kuko ndi kubitekereza. Nakoze imyaka ine ndi mu mwanya wa hafi ya Perezida, namaze imyaka myinshi mu biro bya Visi perezida w’iki gihugu n’igihe kinini mu biro bya perezida n’ibiro bikurikiranirwamo gahunda z’ingenzi za leta. Nzi uko ako kazi kamera n’ako ari ko.”
Kamala Harris yabaye umukandida mu matora ya Amerika ya 2024, asimbuye Joe Biden wayoboraga iki gihugu, nyuma y’aho bigaragaye ko uyu mugabo adafite ubushobozi bwo gukomeza kuyobora, icyakorwa atsindwa na Donald Trump watsindiye kuyobora Amerika ku nshuro ya kabiri.
Trump yagize amajwi 312 y’inteko zitora, Kamala agira amajwi 226. Muri rusange, Perezida wa Amerika yarushije uyu mugore amajwi asanzwe arenga miliyoni ebyiri.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *