skol

Ibikorwa by’ihuriro rya Kabila byaciwe ku butaka bwa Congo

Yanditswe: Wednesday 03, Dec 2025

featured-image

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo bwaciye ku butaka bw’iki gihugu Ihuriro ‘Mouvement Sauvons la RDC’, ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa ryashinzwe na Joseph Kabila, buha gasopo umuntu wese uzahirahira kuryinjiramo.

Iryo huriro ryavukiye i Nairobi mu Ukwakira 2025 mu nama yatumijwe na Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa DR Congo, ryabonetsemo abanyapolitike banenga ubutegetsi bwa Tshisekedi, barimo nka Matata Ponyo wahoze ari Minisitiri w’Intebe.

Habonetse kandi abarimo Moïse Nyarugabo, Frank Diongo, Seth Kikuni, Raymond Tshibanda na Madamu Tshipasa Filia Palia, umukuru w’ishyaka COFEDEC, n’abandi.

Mu butumwa bwo kuri telegram bwo ku wa 1 Ukuboza 2025, Minisitiri w’Umutekano wa RDC, Jacquemain Shabani, yamenyesheje abayobozi b’Intara bose ko ibikorwa by’iri huriro bitemewe.

Yavuze ko bakwiriye kuba maso, bagacungira hafi abafite imigambi yo gukorana n’iryo huriro, by’umwihariko abo mu ishyaka rya PPRD.

Yahamije ko ibikorwa bya politiki by’Ishyaka rya Joseph Kabila rizwi nka ‘Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD)’ byahagaritswe, rishinjwa gukorana bya hafi na AFC/M23.

Ferdinand Kambere, Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Ishyaka PPRD, yavuze ko ibyatangajwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa ari ikinamico no kuyobya Abanye-Congo.

‘Mouvement Sauvons la RDC’ ivuga ko iki gihugu cyugarijwe n’ibibazo birimo ibya politike, ubukungu, imibereho mibi y’abaturage, gufunga abatavuga rumwe n’ubutegetsi, intambara n’ibindi bashinja Tshisekedi.

Bavuga ko igisubizo cy’ikibazo cya politike ari ibiganiro bidaheza, bivugisha ukuri kandi bidafite ingingo ibujijwe kuganiraho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa