skol

Ibitero bya Israel kuri Liban byakomeje

Yanditswe: Tuesday 06, Jan 2026

featured-image

Igisirikare cya Israel kirwanira ku butaka, cyarashe mu bice bitandukanye byo mu majyepfo n’uburasirazuba bwa Liban.

Ni ibitero byagabwe ku wa Mbere no ku wa Kabiri tariki ya 6 Mutarama 2026.

Byagabwe nyuma y’iminsi mike, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Liban atangaje ko agiye gutangaza gahunda ya Guverinoma yo kwambura intwaro abagize umutwe wa Hezbollah baturiye imipaka ya Israel.

Umunyamakuru wa Associated Press ufata amafoto wari mu Mujyi wa Sidon aho byabereye, yavuze ko harashwe inyubako ngari y’ubucuruzi yaririmo amaduka, n’izindi nyubako zitari zituwemo.

Muri icyo gitero nibura umuntu umwe ni we wakomerekeyemo akajyanwa ku bitaro ariko nta muntu n’umwe bitarangazwa ko yapfuye.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyari kigambiriye guturitsa ububiko bw’intwaro n’ibikorwaremezo byifashishwa n’abarwanyi b’umutwe wa Hezbollah na Hamas.

Cyemeje ko cyari kizi neza ko aho ubwo bubiko buri hari mu gace gatuwe n’abasivili, ikanenga uwo mutwe kuba warahisemo gukorera aho hantu.

Israel igaragaza ko amasezerano ya Liban yo kwambura intwaro abarwanyi ba Hezbollah atubahirijwe.

Byafashe amasaha abiri gusa nyuma y’uko Umuvugizi w’Igisirikare cya Israel ashyize ku rukuta rwe rwa X ko ibitero bya Gisirikare bishobora gukomereza mu bice bibiri byo mu Burasirazuba ahazwi nka Bekaa Valley no mu bice bibiri byo mu Majyepfo y’igihugu.

Nyuma ikinyamakuru cya Leta cyavuze ko inzu yarashwe mu gace ka Manara muri Bekaa Valley ari ibya Sharhabil Al-Sayed wari Umuyobozi w’Ingabo za Hamas wishwe mu gitero cya drones muri Gicurasi 2024.

Itsinda ry’ubutabazi ryihutiye kureba niba nta bakomeretse ngo bihutishirizwe kwa muganga

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa