Ibiyobyabwenge byatumye umusirikari afata ku ngufu umugore bahuriye mu gashyamba
Yanditswe: Saturday 26, May 2018
Umugabo witwa Connor Brayley w’imyaka 24 usanzwe ari umusirikare,yanyoye ikiyobyabwenge cya Cocaine,gituma afata ku ngufu umugore w’abandi bahuriye mu gashamba ko hafi y’aho yarindaga.
Uyu musirikare wari wanyoye ibiyobyabwenge,yacunze umugore w’imyaka 23 ari gutaha mu rugo iwe,niko kumwubikira amufata ku ngufu, ku wa 14 Ukuboza umwaka ushize.
Ubwo yitabaga urukiko rw’iwabo mu Bwongereza,uyu musirikare yavuze ko yahuye n’uyu mugore yahahamutse ndetse yafashwe ku ngufu,yarangiza akamufasha kugenda ariko amashusho yo ku muhanda yamufashe ari guhagurutsa uyu mugore bituma bamwita umunyabyaha.
Ubushinjacyaha bwashinje uyu musirikare kunywa ibiyobyabwenge bikamutera gufata ku ngufu uyu mugore aho yamwubikiriye akamutura hasi,yarangiza akamukangisha kumwica navuza induru.
Uyu musirikare yahakanye ibi byaha arengwa ndetse abwira urukiko ko atigeze afata ku ngufu uyu mugore.
Uyu mugabo yafatiye ku ngufu uyu mugore muri metero 50 uvuye aho ubukwe bw’igikomangoma Harry na Meghan Markle kubera,ahitwa Windsor.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *