skol

Ibyihariye kuri Minisitiri Meloni w’u Butaliyani wagamburuje n’abarimo Trump kubera ikimero

Yanditswe: Friday 14, Nov 2025

featured-image

Birenze kuba ari umugore w’igihangage uyoboye igihugu nk’u Butaliyani gituwe n’abarenga miliyoni 59, ni n’umunyadushya, ukunze gukerereza bamwe mu bayobozi b’ibihangage kubera ikimero cye.

Kuva kuri Donald Trump, ugakomereza kuri Recep Tayyip Erdoğan wa Turikiya, Emmanuel Macro w’u Bufaransa bose baravugishijwe kubera Giorgia Meloni, baba bateshutse gato ku byari ku murongo w’ibyigwa kubera uyu mugore w’imyaka 48.

Mu Ukwakira 2025 ubwo hasinywagwa amasezerano hagati ya Israel na Gaza mu Misiri, Trump ntiyaripfanye, yarakebutse abona uwo mugore umuterekeye amaso mu bwuzu bwinshi ati: “Uri mwiza.”

Meloni uri mu bagore 32 bayoboye ibihugu na za guverinoma zitandukanye, akunze kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyamabaga kenshi ugasanga ntibinaturutse ku bikorwa bya politiki nk’akazi ke ka buri munsi, ahubwo bikomotse ku bwiza bwe, uburyo atereka amaso, uko avuga n’ikimero n’bindi.

Nko gutereka amaso, bikunze kubaho cyane iyo yagiye mu nama zihuza ibihugu bitandukanye, abayobozi bagenzi be b’abagabo ukabona basa n’abibagiwe icyabajyanye ahubwo bakihera amaso uwo mubyeyi, yatereka amaso ibintu bikaba ibindi, inkuru zigacicikana mu binyamakuru bitandukanye zitagaruka ku byavugiwe mu nama ahubwo zivugira uyu mugore.

Benshi bibuka igihe abayobozi bari bateraniye i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, uburyo Minisitiri w’Intebe wa Albania, Edi Rama yatunguranye agashinga amavi, akifuriza Meloni isabukuru nziza y’imyaka 48, benshi bakabifata mu buryo butandukanye na cyane ko uyu mugabo adakunze kubikorera abandi.

Giorgia Meloni yabaye Minisitiri w’Intebe mu Ukwakira 2022 asimbuye Mario Draghi wari umaze umwaka kuri uyu mwanya. Meloni ni we mugore wa mbere mu mateka y’u Butaliyani wabaye Minisitiri w’Intebe.

Giorgia Meloni aherutse kubwirwa na Donald Trump ko ari mwiza

Amaso ya Giorgia Meloni arangaza umuhisi n’umugenzi

Giorgia Meloni w’imyaka 48 akunze kugarukwaho cyane kubera ubwiza bwe

Giorgia Meloni akunze kurangaza abarimo n’abayobozi bakomeye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa