skol
fortebet

Impamvu Iran yahisemo Mexico mu myiteguro y’Igikombe cy’Isi

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Tuesday 26, May 2026

Impamvu Iran yahisemo Mexico mu myiteguro y'Igikombe cy'Isi

Sponsored Ad

skol

Ikipe y’Igihugu ya Iran izacumbika muri Mexico mu gihe cy’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika itifuje ko iyi kipe imara igihe kinini ku butaka bwayo kubera impungenge z’umutekano. Ibi bizatuma abakinnyi b’iyi kipe bajya bakora ingendo z’igihe kiri hagati y’isaha imwe n’amasaha atatu berekeza aho bazakinira.

Perezida wa Mexico, Claudia Sheinbaum, ni we watangaje aya makuru, avuga ko FIFA yasabye igihugu cye kwakira Iran muri icyo gihe cy’irushanwa. Yavuze ko Amerika yagaragaje ko idashaka ko iyi kipe iba muri icyo gihugu kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026, igihe Igikombe cy’Isi kizaba kiri kuba.

Mu butumwa yahaye abanyamakuru, Sheinbaum yavuze ko nta mpamvu yababuza kwakira Iran no kuyemerera gukorera imyiteguro yayo muri Mexico.

Iran izaba ikambitse mu mujyi wa Tijuana wegereye umupaka wa Mexico na Amerika. Aho ni ho izajya ituruka ijya gukina imikino yayo yo mu itsinda rya G, ikaba izajya ikora urugendo rugufi cyangwa rurerure bitewe n’aho umukino uzabera.

Mu mikino iteganyijwe, Iran izatangira ihura na New Zealand i Los Angeles tariki ya 15 Kamena 2026. Nyuma yaho izagaruka gukina n’u Bubiligi tariki ya 21 Kamena, naho umukino wa nyuma w’amatsinda uzayihuza na Misiri i Seattle tariki ya 26 Kamena 2026.

Muri Werurwe, Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari yavuze ko Iran yemerewe gukina Igikombe cy’Isi, ariko agaragaza ko kuba iyi kipe iba muri Amerika igihe kirekire bitari byiza ku mpamvu z’umutekano w’abayigize.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Iran, Mehdi Taj, yavuze ko gukorera imyiteguro muri Mexico bizanafasha mu gukemura ibibazo bya VISA ndetse bikorohereze ingendo z’indege hagati ya Iran na Mexico.

Iki cyemezo kije mu gihe umubano hagati ya Iran, Amerika na Israel ukomeje kuba mubi muri uyu mwaka, ibintu byatumye hibazwa byinshi ku mutekano w’ikipe ya Iran muri iri rushanwa.

Nubwo hari abantu bibajije niba Iran ishobora gukurwa mu Gikombe cy’Isi, FIFA yakomeje gahunda yayo uko yari imeze. Iran yakomeje guhabwa umwanya wayo muri iri rushanwa nyuma yo kubona itike binyuze mu majonjora ya Asia, ikaba izitabira Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kane yikurikiranya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa