Imyigaragambyo yatumye Umujyi wa Dar es Salaam ushyirwa muri Guma mu Rugo
Yanditswe: Wednesday 29, Oct 2025
Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Dar es Salaam, Jumanne Muliro, yatangaje ko hashyizweho gahunda ya guma mu rugo itangira gukurikizwa ku wa 29 Ukwakira 2026 Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba.
Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko muri uyu mujyi hagaragaye imyigaragambyo ubwo amatora y’umukuru w’igihugu yari arimbanyije.
Jumanne Muliro ati: “Nyuma y’ibyabaye, polisi irabwira abaturage bose bo mu Mujyi wa Dar es Salaam ko kuva uyu munsi ku wa 29 Ukwakira 2029 kuva Saa Kumi n’Ebyiri bagomba kuba bari mu rugo.”
Imyigaragambyo yagaragaye mu bice bitandukanye bya Dar Es Salaam, abigaragambya bafunga imihanda ndetse bagatwika bimwe mu bikorwaremezo.
Ubu internet ntabwo iri gukora neza nk’uko NetBlocks igenzura ibijyanye na internet yabigaragaje.
Amagana y’abigaragambya bakoze urugendo bagana ku kiraro kizwi nka ‘Selander Bridge’ kiri ku nkengero y’Inyanja y’Abahinde, berekeza rwagati mu Mujyi wa Dar es Salaam.
Ababonye iby’iyi myigaragambyo yari ikaze yagaragaye mu bice bine byo muri uyu mujyi. Polisi yagerageje gukoresha imyuka iryana mu maso mu gutatanya abigaragambya.
Umwe mu bigaragambya baganiriye na BBC yagize ati “Turarambiwe. Dushaka ko komisiyo y’amatora yigenga tugahitamo umuyobozi dushaka.”
Mu gitondo cyo ku wa 29 Ukwakira 2025, ni bwo Abanya-Tanzania, babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.
Ni amatora yari yitezwemo ubwitabire bwo hejuru kuko Abanya-Tanzania basaga miliyoni 37, barimo ibihumbi 200 baba mu mahanga biyandikishije gutora.
Perezida Samia Suluhu Hassan ahanganiye umwanya w’Umukuru w’Igihugu n’abakandida 16, barimo Kunje Ngombale w’ishyaka AAFP, Hassan Almas, uhagarariye wa NRA, Coaster Kibonde wa Chama Cha Makini, Doyo Hassan Doyo wa NLD n’abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Suluhu w’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) ni we uhabwa amahirwe, kuko aya matora abaye benshi mu bo batavuga rumwe bafunzwe barimo Tundu Lissu w’ishyaka CHADEMA.
CHADEMA yakumiriwe mu matora muri Mata hagaragazwa ko itujuje ibyangombwa. Luhaga Mpina w’ishyaka rya kabiri rimomeye mu mashyaka atavuga rumwe na leta rya ACT-Wazalendo na we yarakumiriwe.
Ubwo yari muri Kenya Umunyamabanga wa CHADEMA ushinzwe ububanyi n’amahanga, Deogratius Munishi yabwiye Citizen Television ko “nta matora ari kuba muri Tanzania. Mbivuze neza mu magambo make ni ukwimika.”
Ubwo yari amaze gutora, Samia Suluhu Hassan yagize ati: “Ndagira inama Abanya-Tanzania bose ko bakwiriye kuza bagatora na cyane ko ari uburenganzira bwabo guhitamo abayobozi bababereye.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *