Ingabo z’Amerika zatangaje ko zagabye ibitero bishya mu majyepfo ya Iran, zikarasa ku bigo bikorerwamo ibisasu bya misile no ku mato yageragezaga gutega ibisasu bya mine.
Bimwe mu biro bikuru biyobora imirwano by’ingabo z’Amerika (US Central Command) byasohoye itangazo rivuga ko ibyo bitero byagabwe mu “kwirwanaho”, kandi ko bigamije “kurinda ingabo zabo ,inkeke zitewe n’ingabo za Iran”.
Umuvugizi wa ‘US Central Command’, Kapiteni (Capt) Tim Hawkins, yavuze ko ingabo z’Amerika zikomeje kurinda ingabo zabo mu gihe zikoresha kwifata muri aka gahenge gakomeje.
Ibyo bitero bibaye mu gihe umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran Esmail Baqai yavuze ko hari intambwe yatewe mu biganiro n’Amerika, ariko ko amasezerano yo kurangiza intambara ategereje.
Capt Hawkins yavuze ko ibyo bitero byarashe ku gace kari hafi ya Bandar Abbas, umujyi urimo icyambu mu majyepfo, ukanabamo ikigo cya gisirikare cy’ingabo zirwanira mu mazi za Iran, kiri ku muhora wa Hormuz, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru the New York Times.
Ibitangazamakuru bya leta ya Iran byatangaje ko abategetsi b’aho i Bandar Abbas bari barimo gukora iperereza nyuma yuko humvikanye ibiturika.
Nyuma y’ibyo bitero, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Marco Rubio yavuze ko amasezerano agishoboka ndetse akomoza ku biganiro biteganyijwe kuri uyu wa 26 Gicurasi 2026, hagati y’intumwa nkuru ya Iran mu biganiro ikaba na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, hamwe na minisitiri w’intebe wa Qatar, ikora nk’umuhuza muri ibi biganiro.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *