skol

Ingabo za Iran zavuze ko zarashe ubwato bwa Amerika

Yanditswe: Thursday 05, Mar 2026

featured-image

Televiziyo ya leta muri Iran imaze gutangaza ko amato yabo y’intambara yarashe ubwato bw’ubwikorezi bwa Amerika muri iki gitondo mu majyaruguru y’ikigobe cya Perse

Ubwo bwato “bwakubiswe na misile” kandi “ubu burimo gushya”, nk’uko byatangajwe n’umutwe ukomeye w’ingabo za Iran uzwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) mu itangazo ryasomewe kuri televiziyo.

IRGC ivuga ko ariyo “igenzura byuzuye” umuhora wa Hormuz, uhuza iki kigobe hamwe n’inyanja y’Ubuhinde.

Uwo muhora wa 33km z’ubugari ubusanzwe amazi yawo ahuriweho na Iran na Oman kandi ucamo 20% by’ibitoro bijya ku isoko ry’isi bivuye mu bihugu byo mu burasirazuba bwo hagati nka Qatar, UAE, Iran, Kuwait na Saudi Arabia.

Ibyatangajwe na Iran kuri ubwo bwato bwa Amerika ntibiragenzurwa mu buryo bwigenga.

Kare, ikigo cy’Ubwongereza cya UK Maritime Trade Organisation (MTO) cyatangaje ko hari ubwato bw’ubwikorezi bwarasiwe hafi y’umwaro wa Kuwait mu gitondo cy’uyu munsi.

Icyo kigo cyavuze ko hari amakuru y’abumvise guturika gukomeye hafi y’icyambu maze bakabona ubwato buto buva aho hantu.

Kigira kiti: “Hari ibitoro byamenetse mu mazi bivuye ku bwato bw’ubwokorezi bishobora gutera ikibazo cy’ibidukikije” cyongeraho ko nta muriro ugirahari kandi abari baburimo bose bameze neza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa