Ingendo z’indege zasubukuwe ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta
Yanditswe: Tuesday 17, Feb 2026
Ingendo zasukubuwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cyitiriwe Jomo Kenyatta giherereye i Nairobi muri Kenya, kuri uyu wa 17 Gashyantare 2026 nyuma y’aho abakora mu rwego w’igihugu rushinzwe indege za gisivili bahagaritse imyigaragambyo.
Aba bakozi bahagaritse akazi nyuma y’icyumweru bahaye urwego bakorera integuza ko nirutabakemurira ibibazo birimo icy’umushahara muke, batazongera gukora serivisi zo kuyobora indege.
Iyi myigaragambyo yagize ingaruka kuri sosiyete z’indege zo mu karere zirimo na RwandAir yo mu Rwanda, n’abagenzi benshi kubera ko hari abamaze amasaha arenga 20 bategereje indege zabakura i Nairobi.
Ishyirahamwe ry’abapilote muri Kenya, ryagaragaje ko rihagarikishijwe cyane n’iyi myigaragambyo kuko ishobora guhungabanya gahunda y’abapilote irimo no kubangamira ikiruhuko cyabo.
Minisiteri y’Ubwikorezi muri Kenya yaganirije abakozi bo muri uru rwego bari bahagaritse akazi, ibizeza ko ibibazo bikemurwa bwangu, ibasaba gusubukura akazi.
Nyuma yo kumvikana, biteganyijwe ko ingendo zisubukurwa kuri iki kibuga cy’indege gake gake. Abagenzi bari baraheze kuri iki kibuga basabwe kuvugana na sosiyete z’indege zabagurishije amatike kugira ngo zibahe gahunda.
Sosiyete ya Kenya Airways yihanganishije abagenzi bagizweho ingaruka n’iki kibazo, imenyesha abakiliya bayo ko serivisi zisubira ku murongo bisanzwe mu masaha 24.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *