Inteko ya EU yasabye Uganda gufungura abatavuga rumwe n’ubutegetsi
Yanditswe: Saturday 14, Feb 2026
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) yatoye umwanzuro wamagana ibikorwa by’urugomo no gufunga abatavuga rumwe n’ubutegetsi ivuga ko byakozwe mbere na nyuma y’amatora yabaye ku wa 15 Mutarama 2026 muri Uganda.
Mu byavuzwe cyane muri aya matora harimo gufunga internet mu bice byinshi by’igihugu, urugomo no gufunga bamwe mu barwanashyaka ba National Unity Platform, ishyaka rya Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine n’ibindi.
Amatora yasize Perezida Museveni atsinze ku majwi 71,6%, na ho Robert Kyagulanyi kuva ku wa 15 Mutarama ahita agana iy’ubuhungiro ashinja ingabo za Uganda kugota urugo rwe no gushaka kumuta muri yombi.
Inteko ya EU ku wa 12 Gashyantare 2026, yatoye umwanzuro ugaragaza ko mu bihe by’amatora na nyuma yaho muri Uganda habayeho guhungabanya uburenganzira bw’ikiremwamuntu, birimo gukuraho internet, urugomo, gufunga abantu n’ibindi.
Iti “Inteko irasaba gufungura abo bose bafunzwe mu buryo bunyuranye n’amategeko.”
EU ivuga ko abayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe harimo Dr. Kiiza Besigye umaze igihe kirenga umwaka afunzwe, na Bobi Wine wagiye mu buhungiro muri Mutarama 2026.
Iyi nteko kandi yasabye Uganda guhagarika ibyo kuburanisha abasivili mu nkiko za gisirikare no gutangaza aho abantu baburiwe irengero baherereye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *