skol

Internet yasubiyeho nyuma y’intsinzi ya Museveni

Yanditswe: Sunday 18, Jan 2026

featured-image

Nyuma y’iminsi ine, Komisiyo Ishinzwe itumanaho muri Uganda (UCC) ifashe icyemezo cyo gukuraho internet ku bw’imigendekere myiza y’amatora, kuri ubu yasubiyeho.

Icyemezo cyo gukuraho internet muri Uganda cyatangiye gushyirwa mu bikorwa ku wa 13 Mutarama 2026, ibigo by’utumanaho byose bisabwa guhagarika internet, kutagurisha simcard nshya n’ibindi bikorwa byose by’itumanaho.

UCC yavuze ko ibi bikorwa ari ibyo kugira ngo hirindwe abantu bashaka kwica amatora muri iki gihugu.

Amakuru dukesha itangazamakuru ryo muri Uganda avuga ko ku wa 17 Mutarama, nyuma yo gutangaza intsinzi ya Yoweri Kaguta Museveni wegukanye manda ya karindwi nka Perezida wa Uganda, internet yasubiyeho.

Ubu Abanya-Uganda bose bashobora kubona serivisi zose zitangwa hisunzwe internet, nk’uko byari bimeze mbere y’amatora.

Perezida Museveni yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 71,6%, ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahatanye barimo Robert Kyagulanyi wabonye amajwi 24,72%.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa