skol

Intimba ni zose ku bo muri Uvira nyuma y’aho AFC/M23 ihavuye

Yanditswe: Friday 23, Jan 2026

featured-image

Nyuma y’aho Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikuye ingabo mu Mujyi wa Uvira, abaturage bawusigayemo bari kurira ayo kwarika.

Imitwe ya Wazalendo n’Ingabo za RDC byinjiye mu Mujyi wa Uvira tariki ya 18 Mutarama 2026. Kuva uwo munsi, wumvikanamo urusaku rw’amasasu, ibikorwa by’ubusahuzi n’ubushimusi.

Abaturage bagizweho ubugizi bwa nabi bw’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC mu bihe bya mbere, bafashe icyemezo cyo guhunga mbere y’uko rigera muri uyu mujyi, berekeza muri Santere ya Kamanyola igenzurwa na AFC/M23.

Umujyi wa Uvira warimo umutekano usesuye ubwo AFC/M23 yari ikiwugenzura. Ubwo yateguzaga ko igiye kuwuvamo, abaturage barigaragambije, bayisaba kuwugumamo ariko ntibyashobotse.

AFC/M23 isobanura ko yafashe icyemezo cyo kuva muri uyu mujyi kubera ubusabe bw’umuryango mpuzamahanga. Ishimangira ko icyo ishyize imbere ari amahoro, bitandukanye na Leta ya RDC ihora ishaka gushoza intambara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa