Ubutegetsi bwa Iran bwatangaje ko bwashyize mu bikorwa igihano cyo kwicwa ku bagabo babiri bahamwe n’ibyaha bifitanye isano n’imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi yabaye mu 2025.
Abo bagabo, Abolfazl Sepahi na Amir-Hossein Safari, banyonzwe mu ruhame nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kugira uruhare mu myigaragambyo ikomeye yabaye mu Ukuboza 2025 no muri Mutarama 2026, nk’uko urwego rw’ubutabera rwa Iran rwabitangaje.
Urwego rw’ubutabera rwa Iran, Mizan Online, rwavuze ko ibihano byabo byashyizwe mu bikorwa mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Nyakanga 2026, nyuma yo gukatirwa urwo gupfa.
Rwatangaje ko mu byaha bari bakurinyweho harimo icyiswe moharebe.
Moharebeh ni ijambo rikomoka ku rurimi rw’Icyarabu risobanura “kurwanya Imana” cyangwa “kurwanya ubutegetsi bw’Imana”. Ni icyaha giteganywa mu mategeko ahana ashingiye ku mategeko ya kiyisilamu akoreshwa muri Iran.
Muri mategeko ya Iran, iki cyaha gishobora gushyirwa ku muntu ushinjwa gukoresha intwaro, kubiba ubwoba mu abaturage, guhungabanya umutekano rusange cyangwa ibikorwa bifatwa nk’ibibangamiye ubutegetsi bwa Leta.
Abakurikiranyweho iki cyaha bashobora guhabwa ibihano bikomeye birimo igihano cy’urupfu.
Mu rubanza rwa Abolfazl Sepahi na Amir-Hossein Safari, ubutegetsi bwa Iran bwavuze ko bahamwe na moharebeh kubera ibikorwa birimo gukoresha intwaro no guhungabanya umutekano w’igihugu.
Aba bagabo kandi bashinjwaga icyaha cyo “guhungabanya umutekano w’igihugu”, bitewe n’ibikorwa byavuzwe ko byahungabanyije bikomeye ituze n’umutekano rusange muri Iran.
Imyigaragambyo yabaye mu mpera za Ukuboza yatangiriye ku kutishimira izamuka ry’ibiciro muri Iran, ariko nyuma ihinduka imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana ubutegetsi, igera ku rwego rwo hejuru ku wa 8 no ku wa 9 Mutarama.
Guverinoma ya Iran yatangaje ko abantu barenga 3.000 bapfiriye muri izo mvururu, ikavuga ko urupfu rwabo rwatewe n’ibikorwa by’iterabwoba byateguwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel.
Icyakora, imiryango itegamiye kuri Leta ikorera hanze ya Iran yavuze ko uburyo ubutegetsi bwakoresheje mu guhagarika iyo myigaragambyo bwahitanye abantu benshi.
Iki cyemezo cyo kwica aba bagabo cyafashwe mu gihe umubare w’abantu bicwa n’ubutegetsi bwa Iran ukomeje kwiyongera kuva intambara iyihanganishije na Amerika yatangira. Amakuru yatangajwe avuga ko benshi mu bishwe ari abafitanye isano n’imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *