skol

Iran: Abarenga 5000 bamaze kugwa mu myigaragambyo

Yanditswe: Sunday 18, Jan 2026

featured-image

Abarenga 5000 bamaze kugwa mu myigaragambyo ikomeje gufata indi ntera muri Iran, barimo n’abashinzwe umutekano barenga 500.

Umwe mu bayobozi ba Iran ku wa 18 Mutarama 2025 yatangaje ko ubu bwicanyi buri kugirwamo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro yise iy’iterabwoba iri mu bigaragambya.

Iyi myigaragambyo yatangiye ku wa 28 Ukuboza 2025, itewe n’izamuka rikabije ry’ibiciro, nyuma iza guhinduka igamije kwamagana ubutegatsi bwa Iran bushingiye ku idini buyobora iki gihugu kuva mu 1979.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yari yihanangirije kenshi abo muri Iran ko ashobora gutabara Abanya-Iran niba abigaragambya bakomeje kwicwa.

Ku wa 16 Mutarama 2026, Trump abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yashimiye abayobozi ba Iran, avuga ko bahagaritse igikorwa cyo kwica abantu benshi bari bateganyijwe.

Hari nyuma y’uko Iran ihagaritse gahunda yari ifite yo kwica inyonze abigaragambya 800.

Ku wa 17 Mutarama Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yagize ati “Ntabwo tuzashyira igihugu cyacu mu ntambara ariko ntituzemera ko abanyabyaha baba abo mu gihugu cyangwa abanyamahanga bagenda badahanwe.”

Kuri uyu wa 18 Mutarama abo mu nzego z’ubutabera baciye amarenga ko kunyonga abanyabyaha bishobora gukomeza.

Umuvugizi w’Ubutabera bwa Iran, Asghar Jahangir, yagize ati “Ibikorwa byinshi biri kugaragara ko bikwiriye Mohareb, kimwe mu bihano bikakaye muri Iran.”

Mu mategeko ashingiye ku Idini ya Islam, Mohareb bisobanuye nko gutangiza intambara ku Mana. Muri Iran ibikorwa nk’ibi bihanishwa urupfu.

Ku wa 17 Mutarama, Trump yavuze ko “Ubu ari igihe cyo kureba ko hashyirwaho ubuyobozi bushya muri Iran.”

Inshuro nyinshi ubutegetsi bwa Iran bwashinje Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuba ari byo bihugu byihishe inyuma y’izi mvururu.

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wo muri Amerika, HRANA, ugaragaza ko uretse abarenga 5000 bamaze kugwa mu myigaragambyo, abandi bantu barenga ibihumbi 24 batawe muri yombi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa