skol

Iran: Imyigaragambyo yakomeye, Trump ararubira

Yanditswe: Wednesday 14, Jan 2026

featured-image

Abantu bakabakaba 2500 bamaze kugwa mu myigaragambyo iri kubera mu Gihugu cya Iran, Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko niba abategetsi ba Iran bari “kumanika abantu nabo bazabikorerwa.”

Ni imibare yatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Imiryango y’Abanyamerika ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu.

Iyi miryango itangaza ko imyigaragambyo imaze kugwamo abantu 2500 barimo abagera 130 bakorera inzego za Leta zirimo izishinzwe umutekano, mu gihe abandi barenga ibihumbi 16 batawe muri yombi.

Kuva mu mpera za 2025 nibwo abaturage ba Iran batangiye kujya mu mihanda bigaragambya bavuga ko basaba ko hari icyakorwa ifaranga ry’igihugu rigasubirana agaciro ndetse n’igiciro cy’ubuzima kikagabanuka.

Imyigaragambyo yaje gukura igera mu mijyi 180 no mu Ntara 31 z’Igihugu. Amashusho akwirakira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abigaragambya bagendana ibyapa bisaba ko ubutegetsi bw’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran Ayatollah Ali Khamenei buvaho.

Bitwaje ibyapa biriho ifoto ya Reza Pahlavi, uyu akaba Igikomangoma cya Iran kiba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, abaturage bakaba bavuga ko yaza agategeka Igihugu cyahoze kiyobowe na Se mbere y’impinduka za Kisilamu zo mu 1979 zakuyeho ubwami.

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika yasabye Abanya-Iran kujya mu myigaragambyo bagafata inzego za Leta, abwira abategetsi ba Iran ko nibamanika abigaragambya n’abo bazamanikwa.

Mu ijambo rye ku wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama 2025 i Michigan.

Trump yagize ati “Ku baturage ba Iran bakunda Igihugu mukomeze mwigaragambye. Mufate ibigo bya Leta munibuke amazina y’abicanyi kuko bazabyishyura igiciro kinini.”

Trump yaciye amarenga ko Amerika ishobora kwinjira muri iyo myigaragambyo mu buryo bweruye aho yavuze ko “ubufasha ku bigaragambya buri mu nzira.”

Abategetsi ba Iran bashinja Amerika n’Abanya-Burayi gushuka abaturage ngo bajye mu mihanda, bagamije gukuraho ubutegetsi buriho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa