skol
fortebet

Iran na Amerika byongeye kurasana - Iran ivuga icyo izakora Amerika nidahagarika ibitero byayo muri Hormuz

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Saturday 06, Jun 2026

Iran na Amerika byongeye kurasana - Iran ivuga icyo izakora Amerika nidahagarika ibitero byayo muri Hormuz

Sponsored Ad

skol

Mu gitondo cyo ku wa 6 Kamena 2026, habaye ubushyamirane bwa gisirikare hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran nyuma y’igihe impande zombi ziri kuganira ku buryo zakemura amakimbirane amaze igihe hagati yazo.

Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko cyahagaritse drones enye za Iran zari zoherejwe mu gace gakorerwamo ubwikorezi mu Muhora wa Hormuz, kivuga ko zari zashobora guteza ikibazo ku mutekano w’amato anyura muri uwo muhora.

Amerika yanavuze ko ingabo zayo zagabye ibitero kuri sitasiyo za radar za Iran ziri ahitwa Goruk no ku Kirwa cya Qeshm, hagamijwe gukumira ibindi bikorwa by’igisirikare cya Iran. Yongeyeho ko abasirikare bayo bakomeje kuba maso kugira ngo bihimure cyangwa birinde igitero icyo ari cyo cyose cyabibasira.

Nyuma y’ibi, Iran na yo yasubije igaba ibitero bya misile ku birindiro by’ingabo za Amerika birwanira mu kirere biri muri Koweit ndetse no ku birindiro by’ingabo zirwanira mu mazi biri muri Bahreïn.

Amerika yatangaje ko yashoboye guhanura misile esheshatu muri izo zari zarashwe na Iran, mu gihe indi imwe itageze ku ntego yayo. Yavuze kandi ko nta musirikare wayo wahasize ubuzima cyangwa ngo akomerekere muri ibyo bitero.

Mu gihe ibitangazamakuru byo muri Iran byatangazaga ko ibirindiro bya Amerika byo muri Bahreïn byangiritse, ubuyobozi bwa gisirikare bwa Amerika bwabiteye utwatsi, buvuga ko ayo makuru atari ukuri kandi ko bukomeje gukurikirana uko ibintu bihagaze kugira ngo bwitegure ikindi gitero cyose gishoboka.

Ku wa 28 Gicurasi 2026, Amerika na Iran zari zarumvikanye ku gahenge k’amezi abiri kagamije gutuma ibikorwa by’ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli bikomeza kunyura mu Muhora wa Hormuz nta nkomyi. Icyakora, ako gahenge ntikakomeje kuko buri ruhande rwashinje urundi ibikorwa by’ubushotoranyi.

Mohsen Rezaei, umwe mu bajyanama b’ingenzi mu bya gisirikare b’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, yavuze ko amahirwe yo kugera ku mahoro akiriho mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yabishyiramo ubushake bwa politiki, avuga ko icyemezo cya nyuma kiri mu maboko ye.

Rezaei yavuze ko Iran yifuza ko Amerika ihagarika ibikorwa bya gisirikare iyigabaho ndetse ikanarekura umutungo wa Iran wafatiriwe ufite agaciro ka miliyari 24 z’amadolari y’Amerika.

Yanaburiye ko mu gihe Amerika yakongera kugaba ibitero kuri Iran, imirwano ishobora kwaguka ikava mu gace ka Hormuz ikagera ku Nyanja y’Abahinde, ku Muhora wa Bab al-Mandab, ku Nyanja Itukura ndetse no ku Nyanja ya Méditerranée, aho yavuze ko ibirindiro bya Amerika biri muri utwo turere bishobora kugabagwaho ibitero.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa