Iran na Israel byemeye guhagarika imirwano, ibigo by’indege birahababarira: Agezweho ku rugamba
Yanditswe: Tuesday 24, Jun 2025
Leta ya Iran n’iya Israel byemeye guhagarika kugabaho, mu ntambara yari imaze iminsi 12 birasahano ubudahagarara.
Ni icyemezo cyatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Kamena 2025.
Minisitiri Abbas Araghchi yagarutse ku byo guhagarika intambara nyuma y’amasaha make Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump atangaje agahenge hagati ya Iran na Israel.
Yavuze ko igihugu cye cyahagaritse kugaba ibitero kuri Israel kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, asaba ko na Israel yabigenza ityo.
Ati “Iran yakunze kubisubiramo idaca ku ruhande, Israel yashoje intambara kuri Iran, ntabwo ari twe twayishoje. Kugeza ubu nta masezerano ahari ajyanye n’agahenge cyangwa guhagarika ibikorwa bya gisirikare, ariko mu gihe Israel yahagarika ubushotoranyi bwayo ku baturage ba Iran bitarenze Saa 4:00 ku isaha y’i Tehran, nta gahunda dufite yo gukomeza gusubiza nyuma y’aho.”
Amakuru yashyizwe hanze na Trump, yavuze ko aka gahenge kagena ko Iran igomba guhagarika ibitero ihereye Saa 6:00 zo kuri uyu wa Kabiri, Israel nayo igakurikiraho mu gihe kitarenze amasaha 12.
Israel yemeye agahenge
Guverinoma ya Israel yatangaje ko yemeye agahenge mu ntambara na Iran, katangajwe na Perezida Donald Trump wa Amerika.
Mu itangazo Israel yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko “yemeye agahenge kasabwe nyuma yo kugera ku ntego z’ibitero kuri Iran.”
Iki gihugu cyakomeje kivuga ko cyamaze gusenya umugambi wa Iran wari ugiteye inkeke wo gukora intwaro za nucléaire.
Kiti “Twamaze gushegesha no gusenya ubuyobozi bw’igisirikare. Israel irashimira Perezida Trump wa Amerika kubera ubufasha bwe mu mutekano, no kugira uruhare mu gusenya umugambi wa nucléaire wa Iran.”
Ibitero bya Iran byahitanye Abanya-Israel batanu
Inzego z’ubutabazi muri Israel zatangaje ko ibitero Iran yagabye kuri iki gihugu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Kamena 2025, byahitanye abantu batanu.
Ni ibitero byagabwe mu Mujyi wa Be’er Sheva uherereye mu Majyepfo ya Israel. Aba bantu batanu bapfuye kubera igisasu cyaguye mu nyubako yo guturamo (apartment).
Kugeza ubu ibikorwa by’ubutabazi birakomeje ku ruhande rwa Israel, harebwa niba nta bandi bitabye Imana cyangwa bagakomereka.
Uretse abapfuye ibi bitero bya Iran byasenye inzu eshatu zo guturamo ndetse binangiza imodoka muri uyu mujyi wa Be’er Sheva.
Ni ibitero bivugwa ko byagabwe habura igihe gito ngo agahenge katangajwe na Perezida Donald Trump gatangire kubahirizwa.
Israel nayo yihoreye, yica abaturage icyenda ba Iran
Nyuma yo kugabwaho ibitero na Iran byahitanye abantu batanu, Israel nayo yafashe icyemezo cyo kurasa mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Iran, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.
Ibi bitero byahitanye Abanya-Iran icyenda ndetse bigakomeretsa abandi 33 byagabwe mu Ntara ya Gilan. Uretse abo byishe byanasenye inzu enye.
Mu bapfuye n’abakomeretse abagera kuri 16 ni abagore n’abana.
Ingendo z’indege zashegeshwe
Ibigo by’indege bikora ingendo zo mu kirere bikomeje kugirwaho ingaruka n’intambara ihanganishije Iran na Israel.
Ni ingaruka zarushijeho kwiyongera mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 23 Kamena 2025, ubwo Iran yagabaga ibitero ku bigo bya gisirikare bya Amerika biri muri Qatar nk’uburyo bwo kwihorera ku bitero ubutegetsi bwa Trump bwayigabyeho mu cyumweru gishize.
Ku ikubitiro ibigo by’indege bya Qatar Airways na United Arab Emirates byahise bitangaza ko byahagaritse ingendo kuko Qatar yari yafunze ikirere cyayo, ariko nyuma ziza gusubukurwa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Air India yo yatangaje ko yabaye ihagaritse ingendo zose zijya mu Burasirazuba bwo hagati, Amerika ya Ruguru ndetse n’u Burayi, mu gihe itegereje kureba aho ibintu bigana.
Ibi bitero kandi byatumye Singapore Airlines ihagarika ingendo za Singapore-Dubai zari kuri uyu wa Kabiri ndetse no ku wa Gatatu tariki 25 Kamena 2025.
Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, nayo yatangaje ko yasubitse ingendo ziva n’izijya i Doha muri Qatar zari ziteganyijwe ku wa 23 na 24 Kamena 2025, bitewe n’uko icyo gihugu cyafunze ikirere cyacyo, nubwo cyaje gufungurwa nyuma.
Kugeza ubu bivugwa kandi ko Israel mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri yafashe icyemezo cyo gufunga ikirere cyayo kubera ibitero yari ikomeje kugabwaho na Iran.




Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *