Ibiro bikuru bya gisirikare muri Iran, Khatam al-Anbiya, byatangaje ko "birimo guhagarika ibitero by’ingabo".
Ariko byaburiye muri iryo tangazo ko niba ibitero bya Israel kuri Liban bikomeje, "harimo no mu majyepfo ya Liban" Irani izasubiza "mu buryo bukomeye kurusha mbere".
Iran yatangiye ibitero byayo ejo nijoro mu rwego rwo gusubiza ku bitero bya Israel mu majyepfo ya Beirut. Israel nayo yihoreye igaba igitero muri Iran.
Abakuru ba politiki n’igisirikare muri Iran bari baburiye ejo nimugoroba ko Iran izasubiza mu buryo bwa gisirikare icyo bise kutubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano.
Iran yashimangiye ko ifata ihagarikwa ry’imirwano muri Liban nk’igice cy’amasezerano yo guhagarika imirwano na Iran.
Iran ifata gutera Liban - ahari umutwe wa Hezbollah ifasha - nko kuyitera na yo ubwayo.
Israel na Iran barashaka guhagarika imirwano byihutirwa - Trump
Mbere yaho, Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko ibiganiro bya nyuma ku "mahoro" bikomeje ariko "bihura n’ubujiji cyangwa ubupfapfa muri byo".
Mu butumwa bwe ku rubuga nkoranyambaga -Truth Social yagize ati: "Impande zombi, Israel na Iran, zirashaka kugirana amasezerano yihuse yo guhagarika intambara!"
Yongeyeho ati: "Ibihano bizakomeza, mu buryo bwuzuye, kugeza igihe ’Amasezerano ya nyuma’ azagerwaho. Ibintu bigomba gukorwa vuba."
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *