Iran yarashe imwe muri radar z’ingenzi za Amerika iri muri Jordanie
Yanditswe: Saturday 07, Mar 2026
Iran yangije imwe muri radar zikomeye Leta Zunze Ubumwe za Amerika yifashishaga mu bijyanye n’umutekano iri muri Jordanie, ifite agaciro ka 300$.
Iyi radar yarashwe ni iyari ishinzwe by’umwihariko kurwanya ibisasu byaturuka mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati aho yakoranaga n’ubundi bwirinzi bwa Amerika bushinzwe kurwanya ibisasu bitaragera ku butaka bwa Amerika buzwi nka THAAD.
Amashusho ya satellite agaragaza ko radar izwi nka RTX AN/TPY-2 n’ubwirinzi bwa Amerika buzwi nka THAAD, biherereye mu Birindiro bya Muwaffaq Salti Air Base muri Jordanie , byangirijwe cyane. Ni amashusho yaragaragaye mu minsi ya mbere y’intambara.
Bikekwa ko ibyo bikorwaremezo by’ubwirinzwi byangirijwe ku wa 28 Gashyantare no kuwa 3 Werurwe 2026.
Umuyobozi Wungirije w’Umuryango ukora ubushakashatsi ku bikorwa bya gisirikare (Foundation for the Defense of Democracies), Ryan Brobst, yagaragaje ko biramutse ari byo, byaba ari imwe mu ntsinzi ikomeye Iran igezeho kugeza ubu.
Icyakora yakomeje ati “Igisirikare cya Amerika n’abafatanyabikorwa bayo bafite izindi radar zishobora gukomeza gutanga amakuru ku bitero byo mu kirere, ibigabanya igihombo cy’iyo yangijwe.”
Ku 6 Werurwe 2026 Reuters yatangaje Ingabo za Iran ziri kugaba ibitero bigamije gusenya radar ziri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Jordanie, na Qatar.
Ku wa 28 Gashyantare 2026 ni bwo Amerika na Israel byagabye ibitero simusiga kuri Iran bihitana abayobozi b’iki gihugu barenga 40 barimo n’uwari Umuyobizi w’Ikirenga wa Iran. Ali Khamenei.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *