skol
fortebet

Iran yarashe muri Kuwait na Bahrain

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Sunday 28, Jun 2026

Iran yarashe muri Kuwait na Bahrain

Sponsored Ad

skol

Intambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran ikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko impande zombi zigabanyeho ibitero bya gisirikare, buri ruhande rushinja urundi kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano.

Nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya Amerika gishinzwe ibikorwa byo mu Burasirazuba bwo Hagati (Centcom), Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero bishya ku butaka bwa Iran, mu rwego rwo kwihorera ku gitero cya drone cyari cyagabwe ku bwato butwara ibicuruzwa bwanditse mu gihugu cya Panama, bwibasiwe mu muhora wa Hormuz.

Centcom ivuga ko yagabye ibitero ku hantu henshi hatandukanye muri Iran, igamije gusenya ibikoresho bya gisirikare birimo iby’itumanaho, ubwirinzi bwo mu kirere n’ahabikwa drones, byari biherereye mu duce twegereye uyu muhora ufatwa nk’inzira ikomeye y’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli.
Ibi bitero byakurikiye igitero cyagabwe ku bwato bwitwa MT Kiku ku wa 27 Kamena 2026, aho Amerika ivuga ko cyagabwe na drone y’uruhande rwa Iran, ibintu byafashwe nk’icyaha cyo gukomeza guhungabanya ubucuruzi bwo mu nyanja.

Mu gusubiza, Ingabo z’Irani zo mu Mutwe w’Impinduramatwara (IRGC) zatangaje ko zagabye ibitero bya misile na drones ku bikorwaremezo bya Amerika biherereye muri Kuwait no muri Bahrain, birimo ibigo bya gisirikare Amerika ikoresha muri ako karere.

Ni ibitero byagabwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 28 Kamena 2026.

IRGC yavuze ko ibyo bitero byibasiye ibigo birimo Al-Ali al-Salem muri Kuwait ndetse na Fifth Naval Fleet i Port Salman muri Bahrain, ivuga ko byangiritse bikomeye.

Nyuma y’ibi bitero, impande zombi zatangaje ko buri ruhande rwarenze ku masezerano yo guhagarika imirwano, buri ruhande rushinja urundi kuba arirwo rwabaye nyirabayazana.

Amakuru yatanzwe n’umwe mu bayobozi ba Amerika avuga ko nta basirikare cyangwa abasivili bahitanywe cyangwa ngo bakomerekere cyane mu bitero byagabwe ku birindiro bya Amerika byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ibi bibaye mu gihe hari amasezerano yari yarashyizweho agamije kugabanya ubushyamirane hagati y’impande zombi, ariko akomeje kurangwamo amakimbirane n’ibitero bihoraho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa