Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yanenze imvugo ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ayita nyandangazi, ariko ashimangira ko itabangamira icyubahiro n’ubunini bw’igihugu cye.
Ibi byabaye nyuma y’uko Trump avuze amagambo akomeye ku buyobozi bwa Iran, aho yabwise “abantu b’abanyarugomo” ndetse avuga ko adashaka kongera kugirana ibiganiro na bo. Aya magambo yaje mu gihe umwuka mubi hagati ya Washington na Tehran wari wongeye kwiyongera nyuma y’uko Amerika yongeye kugaba ibitero muri Iran.
Araghchi yanditse ku rubuga rwa X, ashimangira ko kuvugisha Abanya-Iran mu buryo busesereza bidakuraho ubunini n’agaciro by’igihugu cyabo.
Yongeyeho ko Abanya-Iran bazwiho kugira umuco wo kubaha abandi, ubupfura n’indangagaciro zikomeye, bityo ko batitabira gusubiza amagambo mabi bakoresheje andi magambo mabi, ahubwo basubiza mu bikorwa.
Nubwo Minisitiri Araghchi atavuze Trump mu izina, itangazamakuru rya Leta ya Iran ryatangaje ko amagambo ye yari igisubizo ku byo Perezida wa Amerika yavuze mu nama yagiranye n’Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte, ubwo yavugaga ko yumva amasezerano y’agahenge hagati ya Amerika na Iran yarangiye.
Trump yavuze ko agahenge kari hagati y’ibihugu byombi “karangiye”, anavuga ko ubuyobozi bwa Iran buyobowe n’abantu bafite imitekerereze mibi kandi ko igihugu gishobora gukoresha intwaro za kirimbuzi mu gihe cyazibona.
Iki kibazo cyaje mu gihe Amerika na Iran byongeye kugirana ubushyamirane nyuma y’ibitero byakorewe amato y’ubucuruzi yari anyuze mu Nyanja ya Hormuz.
Iran yavuze ko ibitero byongeye gukorwa na Amerika binyuranyije n’amasezerano y’ubwumvikane yashyizweho umukono ku wa 17 Kamena, ndetse isezeranya ko izihorera.
Impande zombi zikomeje kutumvikana ku buryo amasezerano y’agateganyo y’amahoro agomba gushyirwa mu bikorwa, cyane cyane ku bijyanye n’ubwisanzure bw’amato y’ubucuruzi mu muhora wa Hormuz, aho Iran ivuga ko ifite inshingano zo kugenzura urujya n’uruza muri ako gace.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *