skol

Iran yemeje ko yarashe indege ya Amerika F-35 igura miliyari 140 Frw

Yanditswe: Friday 20, Mar 2026

featured-image

Ku wa Kane tariki 19 Werurwe 2026, Umutwe Udasanzwe w’Ingabo za Iran (IRGC) wemje ko warashe indege y’intambara ya Amerika yo mu bwoko bwa F-35, yihutira kugwa ku birindiro byari hafi nyuma yo kwangirika cyane.

Mu itangazo IRGC yashyize hanze, yavuze ko “uko byagendekeye iyi ndege y’intambara ntabwo biramenyekana ndetse biri gukorwaho iperereza, ariko kuba yashya burundu byo birashoboka cyane.”

Umuvugizi w’Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, Capt. Tim Hawkins yatangaje ko umupilote wari utwaye iyi ndege yabashije kuyigwisha ku birindiro byari hafi aho, ikimara kuraswa, ubu akaba ameze neza.

Ntibavuze niba iyi ndege yarashwe n’imbunda zo ku butaka, gusa CNN ivuga ko yarashwe n’ibisasu bya misile bya Iran byitwa misile 358 bizwi nka SA-67, bikorerwa muri Iran kuva mu myaka ya 2010.

Ibi bisasu bizwiho kurasa indege nini n’izitagira abapilote (drone), bikaba byubakanywe ikoranabuhanga rishobora gutuma birasirwa kure kandi bikaguma mu kirere igihe kirekire bitegereje igipimo birasa.

Muri iyi ntambara kandi drone za Iran zitwa Shahed-136 n’ibisasu bya Abu Mahdi byakomeje kuzengereza Amerika na Israel kuko bifite ubushobozi bwo guhindagura ibyerekezo byifashishije ubwenge buhangano igihe bigiye kurasa igipimo, bituma bigorana kubihanura.

Iyi ndege F-35 yahanuwe na Iran, irangira gukorwa mu ruganda ifite agaciro ka miliyoni 100$ (arenga miliyari 145 RWF), yubakanwa ikoranabuhanga rituma kuyirasa bigorana, ndetse zakunze gukoreshwa cyane kuva Israel na Amerika byatangiza iyi ntambara.

Iba ifite ibyuma bitahura umwanzi mu bilometero 150, ikagendera ku muvuduko wa kilometero 1.900 ku isaha, bisobanuye ko n’iyo yabona misile muri 50 km, yaba ifite amasegonda 90 yo guhunga, kandi ikubakanwa ikoranabuhanga rya 9G maneuvers, riyemerera guhindagura ibyerekezo mukanya gato biyirinda kuraswaho byoroshye.

Amerika imaze gutakaza indege nyinshi, gusa iyi niyo ya mbere irashweho n’umwanzi, dore ko hari F-15 eshatu zarashwe n’ubwirinzi bwa Kuwait bibeshye ko ari umwanzi, batandatu bari bazitwaye babasha gusimbukira mu mitaka bararokoka. Indi ndege ya KC-135 itwara amavuta ya Amerika na yo yakoreye impanuka muri Iraq, batandatu bari bayirimo barapfa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa