skol
fortebet

Iran yihenuye kuri Donald Trump wavuze ko atishimiye igisubizo yatanze ku mushinga w’amasezerano y’amahoro

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Monday 11, May 2026

Iran yihenuye kuri Donald Trump wavuze ko atishimiye igisubizo yatanze ku mushinga w'amasezerano y'amahoro

Sponsored Ad

skol

Iran yavuze ko nta muntu muri iki gihugu ugamije gushimisha Trump ko icyo bakora ari ugushaka uko uburenganzira bw’Abanya-Iran bwagerwaho. Bati: "Niba Trump atabyishimiye ni byiza kurushaho."

Kuri iki cyumweru taliki ya 10 Gicurasi 2026 nibwo Iran yasubije ku mushinga w’amasezerano yo guhagarika intambara hagati ya Leta zunze ubumwe za Amerika na Iran yari yahawe na Amerika ibinyujije mu muhuza wabo Pakisitani.

Mu gusubiza Iran ikaba yaragize ibitekerezo iwutangaho bijya n’uko nayo yifuza ibintu byagenda, atari ukugendera gusa ku bitekerezo bya Leta zunze Ubumwe za Amerika. Gusa ibi ntibyashimishije Donald Trump wahise avuga ko atabyishimiye ndetse ko ari ibintu bitihanganirwa na gato.

Donald Trump yashinje Iran ko ihora ibeshya Amerika n’isi kuva mu myaka 47, gusa yongeraho ko "Ayo Iran isekesha izayaririsha".

Ati: "Ibi ntituzabyihanganira na gato".

Hashize ukwezi kurenga Amerika na Iran byemeranyijwe agahenge katangiye taliki ya 8 Mata 2026, kuva icyo gihe ibiganiro hagati y’ibi bihugu ntibyagenze neza nk’uko byari byitezwe. Tehran ishaka ko intambara ihagarikwa burundu mu gihe Trump yibanze cyane ku gufungura umuhora wa Hormuz, unyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli byose bikoreshwa ku isi, ndetse no guhagarika icurwa ry’ibitwaro kirimbuzi.

Iran yafunze umuhora wa Hormuz mu rwego rwo kwihorera kuri Amerika na Israel byayigabyeho igitero kuwa 28 Gashyantare. Kuba Ingabo za Amerika zarafungiye amato ya Iran ku byambu byayo byatumye ibintu bikomeza kumera nabi na nyuma y’uko ibi bihugu bisinye amasezerano y’agahenge.

Ku mpande zombi, amato yakomeje gufatwa no kubuzwa kugenda, ari nako ibihugu bituriye ikigobe cya Gulf bigabwaho ibitero na Iran.

Ese Ni iki Iran yasabye, Kuki Trump avuga ko bitakwihanganirwa?

Nk’uko ibitangazamakuru byo muri Iran bibivuga, Tehran yasabye ko intambara zihagarara ku mipaka yayo yose harimo n’iyo muri Liban, aho Israel imaze iminsi igaba ibitero karahabutaka ndetse ikaba yaranoherejeyo ingabo zo kubutaka.

Iran ivuga ko ikiciro cya mbere cyaba icyo kuganira ku ihagarikwa ry’imirwano, kwiga ku mutekano wo mu mazi, ndetse n’ifungurwa ry’umuhora wa Hormuz, gukurirwaho ibihano, no gusubizwa imitungo yayo yafatiriwe mu mabanki atandukanye. Hanyuma ikiciro cya kabiri akaba ari cyo kizibanda ku bibazo bikomeye birimo intwaro kirimbuzi ndetse n’ibijyanye no gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwo hagati.

Ku bijyanye n’ubutare bwa Iranium bugera ku biro 440 bitunganyije ibitse, Amerika ivuga ko Iran igomba kubiyiha, mu gihe Iran yo isaba ko hari ibyo yahamana bigafungwa hanyuma ibindi bikaba byahabwa ikindi gihugu.

Iran kandi ivuga ko ifite ubushake bwo guhagarika ibyo gutunganya ubutare bwa Uranium ariko mu gihe gito ugereranije n’icyo Amerika yavuze cy’imyaka 20. Ikindi ni uko yanze ibyo gusenya ibikorwa remezo bijyanye n’icurwa ry’intwaro kirimbuzi.

Iran yari yaragiranye amasezerano na Amerika ku butegetsi bwa Obama, aho Iran yari yemerewe gutunganya ubutare bwa Uranium kugera ku gipimo cya 3.67%, iki kikaba ari igipimo gihagije ngo habe hakorwa intwaro kirimbuzi. Gusa Donald Trump yaje gukura Amerika muri aya amasezerano mu mwaka wa 2018, yirengagije rapport z’inzobere zagaragazaga ko Iran itigeze irenga ku masezerano.

Ubu USA irasaba Iran ko ihagarika burundu ibyo gutunganya ubutare bwa Uranium ikagera ku gipimo cya 0%

Umuyobozi wo hejuru wa Iran yavuze ko Ibyifuzo Iran yagejeje kuri Amerika byibanze ku busabe bwo gukurirwaho ibihano by’ubucuruzi bwa peteroli, gusubizwa amafaranga yayo yafatiriwe, ndetse no kuba amato yayo agotewe ku byambu n’ingabo za Amerika yakomorerwa.

Ubwo Donlad Trump yateraga utwatsi ibyo Iran isaba kuri iki cyumweru taliki ya 10 Gicurasi 2026, Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa Iran,Esmaeil Baghaei, yavuze ko ibyo Amerika ikomeje gusaba bidasobanutse ndetse ko ibyo Iran yasabye atari byinshi cyane.

Yavuze ko bimwe mu byo Iran yasabye ari uburenganzira bwabo. Ati: "Gusaba ko intambara ihagarara, gukomorera amato yacu, no gusubizwa amafaranga yayo yafatiriwe n’amabanki kubera igitutu cya Amerika, ibyo ni uburenganzira bwa Iran."

Yakomeje avuga ko ku bijyanye no gufungura umuhora wa Hormuz, kugarura umutekano mu karere na Liban, ibyo ari igikorwa cy’ubugiraneza n’inshingano za Iran kugirano umutekano w’akarere wongere gusagamba.

Yasoje avuga ati: "Nta muntu wo muri Iran ukorera gushimisha Donald Trump. Ibyo itsinda ryitabira ibiganiro rikora ni uguharanira uburenganzira bw’Abanya-Iran. Niba ibyo Trump atabyishimiye ibyo biramureba."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa