Iran yatangaje ko yagabye ibitero ku birindiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ahandi hafatwa nk’ingenzi mu bya gisirikare biri muri Bahrain, Kuwait na Qatar, nyuma y’uko Amerika yongeye kuyigabaho ibitero mu ijoro rya kabiri rikurikiranya.
Tehran ivuga ko ibyo bitero ari igisubizo ku bitero by’indege za Amerika byagabwe ku mijyi itandukanye yo muri Iran mu minsi ibiri ishize. Raporo zigaragaza ko ibyo bitero byahitanye abantu 14, abandi 78 bagakomereka.
Imijyi yibasiwe irimo Bushehr, Chabahar, Bandar Abbas na Sirik, yose iherereye hafi y’inyanja ya Strait of Hormuz, inzira y’ingenzi inyuramo amato atwara peteroli ku rwego mpuzamahanga.
Ku rundi ruhande, Qatar yamaganye ibitero bya Iran byibasiye Jordan, Bahrain na Kuwait, ivuga ko ari ukwica ubusugire bw’ibyo bihugu ndetse no kurenga ku mategeko mpuzamahanga.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, iki gihugu cyasabye impande zose kugabanya ubushyamirane no gusubira ku meza y’ibiganiro, gishimangira ko ari ingenzi kurinda umutekano w’akarere ka Golfe no kubungabunga intambwe yari imaze guterwa mu mubano w’ibihugu byo muri aka karere.
Qatar yanatangaje ko ishyigikiye ingamba zose z’ubwirinzi ibihugu bituranyi bishobora gufata kugira ngo birengere umutekano wabyo.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) na zo zamaganye ibyo bitero bya Iran, zigaragaza ko zifatanyije na Bahrain na Kuwait.
Mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya UAE, yavuze ko ibyo bitero ari "igikorwa kinyuranyije bikomeye n’ubusugire bwa Bahrain na Kuwait ndetse kikaba kibangamiye umutekano n’ituze by’akarere."
Hagati aho, ikinyamakuru The New York Times cyatangaje ko Igisirikare cya Amerika gishinzwe ibikorwa mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) cyavuze ko mu minsi ibiri ishize cyagabye ibitero ku ntego za gisirikare zirenga 170 za Iran ziri ku nkombe z’inyanja ya Strait of Hormuz.
Ibyo bitero byibasiye uburyo bwo kurinda ikirere, ububiko bw’indege zitagira abapilote (drones), ububiko bwa misile, ubwato bwihuta bwa gisirikare ndetse n’ibikorwaremezo bifasha ibikorwa bya gisirikare.
CENTCOM yavuze ko intego y’ibi bitero ari uguca intege ubushobozi bwa Iran bwo kugaba ibitero ku mato y’ubucuruzi anyura muri Strait of Hormuz.
The New York Times yavuze kandi ko umubare w’ibi bitero uruta inshuro zigera kuri 14 uw’ibitero Amerika yari yagabye mu gihe cy’iminsi ibiri y’ubushyamirane bwa nyuma bwabaye muri Kamena.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *