Abayobozi ba Iran bongeye gufungura internet ku rugero runaka ku wa Kabiri, nyuma y’igihe kingana hafi n’amezi atatu yari imaze ifunzwe, byatewe n’intambara igihugu cyari kirimo na Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko byatangajwe n’ikigo gikurikirana internet, umuyobozi mukuru ndetse n’abantu bari imbere mu gihugu.
Icyo gihe cyo gufunga internet cyatumye Abanya-Iran benshi batabasha kugera ku miyoboro mpuzamahanga, hasigara gusa urusobe rw’imbere mu gihugu (intranet) rwakoreshwaga mu bikorwa bya buri munsi nko guhaha, gutumiza imodoka (ride-hailing) no kwiga.
Ikigo gikurikirana imikorere ya internet NetBlocks cyatangaje ku rubuga rwa X ko “ibipimo by’ako kanya byerekana ko internet yatangiye kugaruka ku rugero runaka muri Iran ku munsi wa 88” ifunzwe, ariko kivuga ko “bitaramenyekana neza” niba ari iherezo rirambye ry’iki cyiswe “ifungwa rya internet ryamaze igihe kirekire kurusha ayandi yose mu mateka ya vuba.”
Visi Perezida Mohammad Reza Aref yavuze ku rubuga rwa X ko “intambwe ya mbere iganisha ku kugera kuri internet ifunguye kandi igenzurwa yafashwe,” anongeraho ko ibyo Abanya-Iran bakeneye “bizubahirizwa.”
Ibigo bya leta bitangaza amakuru birimo IRNA na Fars News Agency byatangaje ko “internet mpuzamahanga yose yongeye gufungurwa” ku bakoresha internet yo mu ngo (fixed broadband), nubwo ibi bitaremezwa n’ikigo NetBlocks.
Abantu bari imbere mu gihugu nabo babwiye AFP ko internet ya telefone igendanwa igifunze, ariko internet yo mu ngo (Wi-Fi) yo yongeye gukora, nubwo hakiri gukenerwa gukoresha VPN kugira ngo umuntu abashe kugera ku mbuga nkoranyambaga zimwe na zimwe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *