Israel igiye guhamagaza inkeragutabara zirenga 100.000 mu guhangana na Iran
Yanditswe: Sunday 01, Mar 2026
Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko kigiye guhamagaza inkeragutabara z’iki gihugu zirenga ibihumbi 100 nk’uburyo bwo guhangana na Iran byuzuye.
Ku wa 28 Gashyantare 2026 ni bwo Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byagabye ibitero simusiga kuri Iran, ku ikubitiro bihitana benshi barimo abayobozi bakuru mu ngabo z’iki gihugu barenga 40, barimo n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei.
Iran na yo yagabye ibitero ku nyungu za Israel na Amerika ziherereye mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati nka Qatar, UAE, Kuwait, Bahrain, Jordanie, Arabie Saoudite na Iraq, ari na ko igaba ibitero kuri Israel.
Nk’ubu bivugwa ko kandi abantu icyenda baguye mu gitero cya missile Iran yagabwe ku Mujyi wa Beit Shemesh wo muri Israel ndetse abandi 11 baburiwe irengero muri iki gitero.
No ku wa 1 Werurwe 2026 Israel na bwo yakomeje kugaba ibitero bitandukanye muri Iran ari na ko Tehran na yo isubiza bimwe ndetse ivuga ko itazacogora ku kwihorera.
Mu guhangana n’ibyo Igisirikare cya Israel cyavuze ko kigiye gukora ku nkeragutabara zayo kugira ngo ihangane na Iran byuzuye.
Mu itangazo IDF yakomeje iti “Igisirikare kiri kwitegura guhamagaza inkeragutabara ibihumbi 100 mu buryo bwo gukomeza kwitegura ku rugamba rwa ‘Roaring Lion’.”
The Times of Israel yatangaje ko byibuze ibihumbi 50 by’inkeragutabara biri mu mirimo itandukanye uyu munsi ijyanye n’umutekano.
Iran na yo yatangaje ko gupfa kwa Ayatollah Ali Khamenei nta ngaruka nyinshi byagize kuko ngo iki gihugu kidashingira ku muntu umwe. Umuvugizi w’iki gihugu yavuze ko na bo biteguye kurwana kugeza ku ifirimbi ya nyuma.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *