skol

Israel yashinje Hamas kwica umusirikare wayo, igaba ibitero byaguyemo abarenga 60

Yanditswe: Wednesday 29, Oct 2025

featured-image

Ibitero igisiriakre cya Israel cyagabye muri Gaza mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, byaguyemo abaturage 63 barimo abana 34.

Ni ibitero byagabwe nyuma y’uko ku wa 28 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu ategetse ko habaho kurasa gukomeye nk’uburyo bwo guhorera umusirikare wa Israel, waguye mu mirwano yahanganishije iki gihugu na Hamas mu gace ka Rafah.

Israel ivuga ko abasirikare bayo bakorera muri aka gace gaherereye mu majyepfo ya Gaza bagabweho igitero na Hamas, mu gihe ariko uyu mutwe wo ubyamaganira kure.

Ikindi impande zombi zitumvikanaho ni ikijyanye no kurekura imfungwa. Hamas yatanze Abanya-Israel 20 bakiri bazima yari isigaranye, itanga n’imwe mu mirambo y’abapfuye.

Israel ikomeje kuyishyiraho igitutu isaba imirambo isigaye. Ni mu gihe Hamas yo ivuga ko bigoye kuyibona kuko imwe iri munsi y’inkuta z’inzu zasenywe.

Israel yongeye kubura ibitero mu gihe hari amasezerano yo guhagarika imirwano yagiranye na Hamas bigizwemo uruhare na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yavuze ko Israel yagabye iki gitero kubera umusirikare wayo wishwe, ariko ishimangira ko nta na kimwe kizarogoya agahenge, isaba Hamas kwitwara neza no kubaha ibyo yemeye.

Kuva intambara yo muri Gaza yatangira mu Ukwakira 2023, yaguyemo abarenga ibihumbi 68, mu gihe abakomeretse bari hejuru y’ibihumbi 170.

Israel yashinje Hamas kwica umusirikare wayo, igaba ibitero byaguyemo abarenga 60

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa