skol

Israel yiciye abanyamakuru batanu ba Al Jazeera muri Gaza

Yanditswe: Monday 11, Aug 2025

featured-image

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera, biciwe mu gitero cyagabwe na Israel ku wa 10 Kanama 2025 hafi n’Ibitaro byo muri Gaza bya Al-Shifa.

Muri abo banyamakuru harimo na Anas al-Sharif w’imyaka 28 wakunze kugaragaza cyane ibibera muri Gaza. Yari ari kumwe n’undi munyamakuru witwa Mohammed Qreiqeh, abafata amashusho barimo Ibrahim Zaher, Mohammed Noufal na Moamen Aliwa. Ni igitero cyaguyemo abantu barindwi muri rusange.

Abo banyamakuru bari mu ihema ryagenewe abanyamakuru riherereye hafi y’amarembo y’ibitaro.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyishe Anas al-Sharif kuko yari umwe mu bayobozi b’umutwe wa Hamas umaze igihe uhanganye na Israel mu ntambara.

IDF yavuze ko Anas al-Sharif ari mu bantu bigeze kugaba ibitero ku Banya-Israel no ku ngabo zayo, ndetse ivuga ko ifite inyandiko zigaragaza ko uyu munyamakuru yari umwe mu bagize umutwe wa Hamas mu 2019.

Umuryango urengera abanyamakuru uzwi nka ‘Committee to Protect Journalists:CPJ’ watangaje ko ibi ari ibindi bimenyetso byo kubangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru.

CPJ yavuze ko yashenguwe n’icyo gitero ndetse igaragaza ko Israel nta bihamya bifatika by’uko Anas al-Sharif yari umwe mu bagize Hamas.

Umuyobozi Mukuru wa CPJ, Jodie Ginsberg yavuze ko Israel ikunze kwica abanyamakuru nyuma ikavuga ko bari mu bagize imitwe y’iterabwoba.

Ati “Ibi bimaze kuba imyaka myinshi bitari no muri iyi ntambara gusa. Buri gihe Israel yica umunyamakuru ivuga ko yari umwe mu bagize imitwe y’iterabwoba ariko ikananirwa kugaragaza ibimenyetso.”

Umwe mu banditsi bakuru ba Al Jazeera, Mohamed Moawad yabwiye BBC ko Al-Sharif yari umunyamakuru wabo wemewe wari muri bake biyemeje kugaragaza ibibera muri Gaza.

Bijyanye n’uko Israel yabujije abanyamakuru mpuzamahanga gukora inkuru z’itambara bari muri Gaza, benshi bifashisha abari muri iki gice.

Mohamed Moawad ati “Biciwe mu ihema barimo ntabwo bari bari gukora inkuru ku biri kubera ku mirongo y’imbere. Ibi bigaragaza uburyo Israel ishaka gucecekesha itangazamakuru kugira ngo hatamenyekana ibibera muri Gaza.”

Mu masaha ya mbere y’uko yicwa Anas al-Sharif yari yanyujije ubutumwa kuri X agaragaza ko Israel ikomeje kurasa kuri Gaza ikoresheje intwaro ziremereye.

Mu bihe bishize Al Jazeera, Loni na CPJ, byagiye bigaragaza ko ubuzima bwa Al-Sharif buri mu kaga ndetse bagasaba ko harebwa uburyo yacungirwa umutekano.

CPJ igaragaza ko abanyamakuru 186 bamaze kwicwa kuva Israel yagaba ibitero simusiga kuri Gaza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa