Itegeko rya Trump ryo kwima ubwenegihugu abana b’abimukira bavukira muri Amerika ryakumiriwe
Yanditswe: Friday 11, Jul 2025
Urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahagaritse ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko rya Perezida Donald Trump ryo kwima ubwenegihugu abana b’abimukira bavukira muri Amerika, kuko hari imiryango yareze ivuga ko ridakurikije itegeko Nshinga rya Amerika.
Joseph Laplante wo muri Leta ya New Hampshire ni we wahagaritse iri tegeko ku wa 10 Nyakanga 2025, aha guverinoma iminsi irindwi yo kuba yatanze ubujurire.
Ubusanzwe Itegeko Nshinga rya Amerika riteganyaga ko umwana wese uvukiye muri Amerika ahabwa ubwenegihugu bwa Amerika nk’umuntu wavukiye ku butaka bwayo.
Gusa muri Mutarama 2025 Trump akirahirira kuba Perezida, amwe mu mategeko yasinye bwa mbere harimo irikumira guha ubwo burenganzira abana b’abimukira bavukiye muri Amerika.
Byari biteganyijwe ko iri tegeko ritangira gukurikizwa muri Nyakanga 2025, gusa imwe mu miryango itegamiye kuri leta iharanira uburenganzira bwa muntu, yareze guverinoma ivuga ko ridakurikije ibyo Itegeko Nshinga rivuga.
Imiryango irimo n’iy’abimukira yatanze ikirego ivuga ko iri tegeko rya Trump rivuguruza ingingo ya 14 y’Itegeko Nshinga rya Amerika ivuga ko umuntu wese uvukiye muri Amerika cyangwa uhawe uburenganzira bwo gutura muri Amerika aba abaye umuturage wayo ndetse n’umuturage wa Leta atuyemo.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *