skol

Iyo biba mwari gukorwa n’isoni - Museveni ku bantu miliyoni 10 be batatoye

Yanditswe: Sunday 18, Jan 2026

featured-image

Nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora Uganda muri manda ya karindwi, Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yabwiye abakandida bari bahanganye ko bagize amahirwe abaturage barenga miliyoni 10 bamushyigikiye ntibatora, na ho ubundi bari gukorwa n’isoni bikomeye.

Amatora ya Perezida wa Uganda yabaye tariki ya 15 Mutarama 2026. Museveni, yongeye gutsinda amatora ku majwi 71,6%, ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahatanye.

Robert Kyagulanyi Ssentamu wamenyekanye mu muziki nka Bobi Wine ni we wakurikiye Perezida Museveni n’amajwi 24,72%.

Komisiyo y’amatora igaragaza ko mu bantu miliyoni 21,6 bari kuri lisiti y’itora, 52,5% ari bo bayitabiriye.

Iyi komisiyo yagaragaje ko habaruwe amajwi miliyoni 11.090.848 yakusanyijwe kuri site 50.739 zo hirya no hino mu gihugu. Ay’abatoye Museveni ni 7.946.772, aya Bobi Wine ni 2.741.238, mu gihe aya Mafabi ari 209.039.

Ubwo Museveni yavugaga ku ntsinzi ye yagize ati “Miliyoni 10 z’abantu banjye ntabwo batoye, iyo biba bari gukorwa n’isoni bikomeye, twabonye amajwi akabakaba miliyoni umunani, ariko mwibuke ko ubwo twasuzumaga abanyamuryango, twari dufite abanyamuryango miliyoni 21 dufite, abarenga miliyoni 18 muri bo bari bemerewe gutora.”

Museveni yavuze ko abatavuga rumwe bahohotera abaturage. Yagaragaje ko imwe mu mishinga bari bafite kwari ugukura amafaranga mu mahanga, bakayatangamo ruswa ku baturage ngo babatore.

Ati “Uzi iyo ruswa, ni ibihumbi 10 by’Amashilingi ya Uganda kuri buri muntu wagombaga gutora. Sinzi icyo ibihumbi 10 byagura. Byagura ifi imwe cyangwa ikindi kintu? Byagura inkoko? Wowe utanga ruswa y’ibihumbi 10? Iki ni igitutsi.”

Perezida Museveni yavuze ko Abanya-Uganda bashobora kuyakira ari yo mpamvu bagomba kurandura ubukene kugira ngo ibibazo nk’ibi bitandurwe.

Museveni yanashimye abaturage ba Uganda barimo n’abanyamuryango b’ishyaka NUP riyobowe na Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, banze kwishora mu myigaragambyo.

Ati “Harimo n’Abanyamuryango ba NUP benshi cyane. Ndashimira Abanya-Uganda [...]. Benshi bazaga kumbwira bati ‘Ntabwo dushaka ko igihugu cyacu kiba nka Libya. Ku bagambanyi mwese, iyi ni inama y’ubuntu mbahaye, muhagarike ibyo muri gukora. Tuzi ibyo muri mo byose [...] uko byagenda kose tuzaharanira amahoro muri Uganda mu buryo bwose.”

Amatora y’ubu atandukanye n’ayabaye mu 2021 kuko abatoye Perezida Museveni bariyongereye, ariko n’abari kuri lisiti y’itora biyongereyeho abarenga miliyoni eshatu, hitabira 59,35%.

Mu 2021, Museveni yagize amajwi 6.042.898 angana na 58,38% by’abatoye, Bobi Wine waje ku mwanya wa kabiri agira amajwi 35,08%. Mu bakandida 11 bari bahatanye, uwa nyuma yagize 0,15%.

Perezida Museveni yavuze ko iyo abantu be barenga miliyoni 10 batora, abo bahanganye bari gukorwa n’isoni birushijeho

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa