Jair Bolsonaro wabaye Perezida Brésil yatawe muri yombi aho yari mu nzu ye mu Murwa Mukuru Brasília.
Mu itangazo rigufi polisi y’igihugu yashyize hanze yemeje ko abapolisi bashyize mu bikorwa icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga cyo gufunga uyu mugabo.
Amakuru yatanzwe n’itangazamakuru rya Brésil yemeza ko uyu mupolitiki yoherejwe kuri polisi ikorera muri kilometero umunani uvuye mu ngoro y’umukuru w’igihugu.
Bolsonaro yabaye Perezida wa Brésil kuva mu 2019 kugeza mu 2022, atsindwa amatora, ahita ashaka guhirika ubutegetsi ariko ntibyamuhira.
Ntihamenyekanye icyatumye urukiko rutegeka ko afungwa ariko amakuru aturuka mu gihugu yavuze ko byakozwe mu nyungu z’ituze rya rubanda.
Umwe mu bunganira Bolsonaro witwa Celso Vilardi, yahamirije AFP kuri uyu wa 22 Ugushyingo ko umukiliya we “yafunzwe, ariko sinzi impamvu.”
Muri Nzeri 2025, Bolsonaro yahanishijwe igifungo cy’imyaka 27 n’amezi atatu ahamijwe ibyaha byo kugerageza guhirika ubutegetsi bwari bwegukanywe na Luiz Inácio Lula da Silva mu matora ya 2022.
Gusa urukiko ntirwahise rutegeka ko afungwa kubera inzira z’ubutabera zirimo n’ubujurire zari zitararangira.
Hari andi makuru avuga ko ifungwa rya Bolsonaro ridafitanye isano n’ibyaha yahamijwe byo gushaka guhirika ubutegetsi.
Umuhungu wa Bolsonaro, Flávio Bolsonaro, yari yahamagariye abantu kujya mu myigaragambyo aho kuguma mu rugo bakarebera byose kuri telefoni zabo biba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *