Jeff Bezos yatangije intambara y’ubucuruzi kuri Starlink ya Elon Musk
Yanditswe: Friday 23, Jan 2026
Umukire Jeff Bezos yatangaje byeruye ko agiye gutangira intambara y’ubucuruzi kuri mugenzi we Elon Musk, yifashishije ikigo cye cyo mu isanzure yise Blue Origin.
Blue Origin ni ikigo gikora ibyogajuru, aho bavuga ko bafite gahunda yo kohereza ibisaga 5.400 mu rwego rwo kubaka itumanaho rya internet yihuta kurusha iya Starlink ya Elon Musk yamaze gukwira mu bihugu byinshi.
Ibi byogajuru bizoherezwa binyuze mu kigo TeraWave gicuruza internet mu buryo busa nk’ubwa Starlink ya Musk ikora.
Starlink ni ikigo cy’itumanaho gitanga serivise za internet ishingiye kuri satellites ku bantu cyangwa ibigo, Blue Origin yo ivuga ko TeraWave yabo izifashishwa cyane n’ibigo bibika amakuru, abacuruzi na za guverinoma.
Iki kigo kandi cyitezweho gutanga murandasi izaba yihuta ku muvuduko wo hejuru ugereranyije n’izisanzwe.
Biteganyijwe ko mukeba wa Starlink, TeraWave izaba yamaze kujya ku isoko mu mpera za 2027.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *