skol
fortebet

Kenya: Bateguye imyigaragambyo yo kwihimura kuri Leta nyuma yo kwimwa indishyi

author-image

Yanditswe na: BAZIYAKA
Kuwa: Sunday 05, Jul 2026

Kenya: Bateguye imyigaragambyo yo kwihimura kuri Leta nyuma yo kwimwa indishyi

Sponsored Ad

skol

Kenya abakomerekeye mu myigaragambyo yo mu 2024 no mu 2025 batangaje ko bagiye kubura imyigaragambyo nyuma yo kwimwa indishyi bari bemerewe na Leta.

Abaturage barenga igihumbi bazindukiye ku biro by’Urwego rwigenga rushinzwe kugenzura imyitwarire ya Polisi IPOA i Nairobi muri Kenya bavuga ko bagiye gusubira mu myigaragambyo kubera ko indishyi bemerewe na Leta y’icyo gihugu batigeze bazibona nk’uko mbere bari babyumvikanyeho.

Aba baturage bavuga ko bakomerekeye mu myigaragambyo bikomeye bigizwemo uruhare n’inzego z’umutekano za Kenya bituma bamwe bamugara abandi babura abavandimwe babo bapfiriye muri iyo myigaragambyo yavugiyemo amasasu.

Bene gukomerekera muri iyo myigaragambyo bemeza ko mu biganiro bari bagiranye na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu muri Kenya KNCHR hari hemejwe ko buri muturage wese wagizweho n’ingaruka z’iyo myigaragambyo yari bugenerwe indishyi y’akababaro n’ubwo nyuma atari ko byaje kugenda.

Ann Wanjiku umwe mu baturage bakomerekeye muri iyo myigaragambyo yabwiye itangazamakuru ko yarashwe akamarana isasu mu mubiri we icyumweru cyose atarahabwa ubuvuzi, ibyo ahuriraho na bagenzi be barimo uwitwa Thomas Nandwa wamugaye uvuga ko nibadahabwa indishyi bari busubukure imyigaragambyo.

Aba baturage baturuka mu bice bitandukanye birimo Nairobi, Kisumu, Kakamega, Kitengela, Rongai na Ngong bavuga ko bakoze itsinda rya WhatsApp rihuriyemo abarenga ibihumbi bitanu bakomerekeye muri iyo myigaragambyo biteguye kongera guteza umutekano muke muri Kenya.

Leta ya Kenya ivuga ko imaze gutanga amafaranga arenga miliyoni 674 z’amashilingi ya Kenya ku bantu 505 bemejwe neza ko bakomerekeye mu myigaragambyo yo mu 2024 na 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa